Nyuma y’abahanzi Tete Roca, Fearless n’abandi bagiye bakoresha amafoto y’urukozasoni mu gushaka kwimenyekanisha cyane, ubu hatahiwe umuhanzi Gisa cy’Inganzo.
Ku batamuzi cyane, Gisa James uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Gisa Cy’Inganzo, uretse kuba avugwaho ko afite ijwi ryumvikanisha impano yo kuririmba, ari no mu bahanzi bari kuzenguruka mu bitaramo bya ’Guma Guma’ hirya no hino mu Rwanda aririmbana na Kamichi.
Ku mbuga nkoranyambaga za facebook n’izindi mbuga nto nto za hano mu Rwanda (blogs) hari gucicikana muri iyi minsi inkuru zivuga ziti “Umuhanzi Gisa Cy’Inganzo yafotowe akora imibonano mpuzabitsina”.
Iyo ukurikiranye izo nkuru ngo nawe wihere ijisho ubona ko ari amafoto koko yafotowe umuhungu n’umukobwa basa nk’abaryamanye. Hagaragara umukobwa uryamye hasi umuhungu amuri hejuru. N’ubwo bigoye kubyemeza, ushishoje neza ushobora kuvuga ko bishoboka ko uwo muhungu yaba ari Gisa kuko bajya gusamo ukuntu.
Zimwe mu nshuti za hafi z’uyu muhanzi zivuga ko aya mafoto ashobora kuba yarashyizwe hanze na nyir’ubwite mu rwego rwo kurushaho kwimenyekanisha. Gusa Gisa we arabihakana.
Aganira na IGIHE, Gisa Cy’Inganzo yagize ati “Ntabwo ari byo ariya mafoto siyo. Nanjye nikanze bambwira ngo kuri facebook hariho amafoto nsambana nuko nkurikiranye nsanga ni K-John wayakoze. Nawe uramuzi K-John aba ashaka guhora avugwa!”
Uyu K-John (Kalisa John) ni umwe mu bafite imbuga nto zikorera kuri facebook zikunda gukoresha amafoto n’amagambo akunze guhora mu bibazo byo gusesereza no gusebya abahanzi nyarwanda. Izi mbuga kandi zizwiho gukwirakwiza ibihangano bishya by’abahanzi birimo ibirango bya K-John n’abandi nkawe.
Gisa avuga ko nyuma yaho yagiye abisobanurira itangazamakuru ko iby’ayo mafoto ari ukumubeshyera no kumuharabika. Yemeza ariko ko nta bibazo asanzwe afitanye n’uyu K-John ku buryo byaba ari byo byatumye amuharabika. Gisa avuga ahubwo ko ngo kwaba ari ugushaka kwimenyekanisha kwa K-John.
Gisa ariko Gisa avuga ko atashatse kugana inkiko kuko ngo afata K-John nk’umuntu usanzwe wandika ‘amafuti’ ku bahanzi.
Aganira na IGIHE K-John we avuga ko aya mafoto ari ukuri kandi ko yayatangaje mu kugaya no kunenga uyu muhanzi. Yagize ati "Twari turi kwa Fazzo niho nafatiye ariya mafoto. Yari ari mu cyumba ndi mu ruganiriro ariko we ntiyari abizi ko nari mpari."
Gisa akunze kugaruka mu ntonde z’abahanzi bashya bafite ubuhanga buhanitse mu miririmbire n’ijwi ryiza.
Aheruka gusohora indirimbo nshya yise "Rumbiya" irimo umudiho gakondo.
Dore ayo mafoto:
Indirimbo Inkombe ya Gisa iheruka kujya hanze mu mashusho:



















TANGA IGITEKEREZO