Ibi Fally Merci yabikomojeho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE ubwo yakomozaga ku gitaramo yateguye mu gihe abantu bose barangamiye ibikorwa byo kwiyamamaza.
Fally Marci akaba yavuze ko igitaramo cye cyuzuzanya na gahunda z’amatora, ati “Twe igitaramo cyacu gihuza urubyiruko, turifuza ko kuri iyi nshuro kiba umuhuro w’amatora cyane ko yegereje.”
Uyu munyarwenya yavuze ko abazitabira iki gitaramo bazagira umwanya wo kuganira no kwibukiranya ko gutora ari inshingano z’urubyiruko, bakabakangurira kuzitabira amatora ku bwinshi.
Ati “Benshi mu rubyiruko hari igihe wumva bibeshya ko gutora bitabareba, ugasanga ntabwo ari ibintu bafiteho amakuru menshi, mu gitaramo cyacu tuzaganira nabo tubereke impamvu bakwiye kumva uruhare rwabo mu matora tubakangurire kuzitabira ku bwinshi mu rwego rwo kugira ngo amahitamo y’ubuyobozi bwabo ave muri bo.”
Byitezwe ko igitaramo cya ‘Gen-Z Comedy’ kizabera mu ihema rya Camp Kigali ku wa 11 Nyakanga 2024 kikazitabirwa n’abanyarwenya barimo; Fally Merci, Rumi,Umushumba,Pilote,Cardinal,Pirate,Isacal,Dogiteri Nsabii na Killaman.
Ni mu gihe ariko kandi umuhanzi w’umunsi muri icyo gitaramo azaba ari Danny Nanone.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!