00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Filime eshanu za BahAfrica ya Bahavu Jeannette zigiye gutangira kwerekanwa kuri Zacu TV

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 June 2026 saa 12:17
Yasuwe :

Filime eshanu zirimo ebyiri z’uruhererekane ndetse n’eshatu zirangira zakozwe n’inzu ya BahAfrica ya Bahavu Jeannette, zigiye gutangira kwerekanwa kuri Zacu TV yihariye mu kwerekana filime ziganjemo izo mu Rwanda.

Amasezerano yo kwerekana izi filime yashyizweho umukono ku wa 2 Kamena 2026.

Zacu Entertainment igenzura Zacu TV yagaragaje ko ubu bufatanye ari bwo bwafasha mu iterambere rya sinema y’u Rwanda.

Nsengumuremyi Valens uri mu bayobozi ba Zacu Entertainment yabwiye IGIHE ko aya masezerano abemerera kuzerekana filime z’uruhererekane zirimo ‘My father in law’ na ‘Urukundo rw’inzitane’ ndetse n’izindi zirimo ‘The ring I lost’, ‘Urukundo rw’ikinyoma’ n’iyitwa ‘Bad choice’.

Uretse izi filime, kuri Zacu TV hategerejwe filime nshya zirimo igice cya kabiri cya ‘Hurts Harder’, ‘Back stage’ n’izindi zinyuranye.

Zacu TV ni televiziyo yatangijwe na Zacu Entertainment iza kugurwa na Canal+ Group mu Ukwakira 2022, ikaba yarahariwe kwerekana filime ziganjemo izo mu Rwanda n’izisobanuye mu Kinyarwanda.

Zacu TV yamenyekanye cyane binyuze mu kwerekana filime zirimo ’The Bishop’s Family’, ’Ishusho ya Papa’, ’Shuwa Dilu’ n’izindi nyinshi zakozwe n’abahanzi n’abatunganya filime bo mu Rwanda.

Umugabo wa Bahavu Jeannette (Uri iburyo) yitabiriye igikorwa cyo gusinya aya masezerano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages