Iki gitaramo cyabereye muri ‘Institut Français du Rwanda’ ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki 12 Mutarama 2024. Ni cyo cyabimburiye ibyo uyu muhanzi yatangiye gutegura yise ‘Gabiro Guitar Live Experience’, azajya akorera mu Mujyi wa Kigali no mu ntara.
Igitaramo cyagombaga gutangira saa Moya n’Igice nk’uko uyu muhanzi yabitangazaga ku mbuga nkoranyambaga ariko umurishyo wa mbere wakomwe saa Tatu n’Igice z’ijoro.
Kuva saa Kumi n’ebyiri na 35 ni bwo aba mbere bari batangiye gufata ibyicaro muri Institus Français ahabereye igitaramo, ari na ko aba mbere bafata agacupa bategereje gutangira gutarama.
Ni igitaramo cyitabiriwe na bamwe mu nshuti za hafi za Gabiro Guitar n’abandi baba mu myidagaduro barimo MC Tino.
Gabiro Guitar yageze ku rubyiniro saa Tatu na 45, icyo gihe bamwe bari batangiye gutaha ariko abandi ari bwo bari kwinjira. Uyu muhanzi yinjiriye ku ndirimbo “Byakubera byiza” iri mu zamwubakiye izina cyane.
Icyakora nubwo iki gitaramo cyititabiriwe cyane, Gabiro nk’umwe mu bahanzi Nyarwanda b’abahanga mu muziki w’umwimerere yafashije abitabiriye kuryoherwa n’intangiriro z’umwaka wa 2024.
Mu isaha n’iminota 15 yamaze ataramira abantu mbarwa bitabiriye igitaramo cye yaririmbye indirimbo 14 zirimo ‘Byakubera Byiza’, ‘Criminal Love’, ‘Koma’, ‘Igikwe’ yakoranye na Confy, ‘Special’, ‘Amahirwe’ yakoranye na Davy Ranks n’izindi.
Yaririmbye kandi ‘Ka Kadance’, ‘Karolina’ yakoranye na Dream Boys, ‘Blessings’, ‘Kule’ yakoranye na Prince Overseer na ‘Akaninja’ yakoranye na Bushali.
Yaririmbye izindi ndirimbo z’abandi bahanzi zirimo ‘African Star Girl’ Sauti Sol yakoranye na Burna Boy, ‘Copy’ ya Bruce Melodie na ‘Urwo Ngukunda’ ya Nyakwigendera Yvan Buravan.
Gabiro Guitar yaririmbye ari gucurangirwa na Yousta Band igizwe n’abize Umuziki mu Ishuri rya Muzika ryahoze ku Nyundo.
Kwinjira mu gitaramo byari 10000 Frw ku baguze amatike mbere mu gihe abayaguriye ku muryango bishyuye 15.000 Frw.
Gabiro Guitar yateguye ibi bitaramo nyuma yo gutandukana na Evolve Music yamufashaga mu muziki. Yahisemo gushyira imbaraga mu gukora ibitaramo bya live kurusha kuzishyira mu gusohora indirimbo buri munsi.
Amafoto: Kasiro Claude



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!