Iki gitaramo cyabaye ku wa Gatanu tariki 19 Mutarama 2024 mu ihema rya Camp Kigali, cyahurije hamwe abakunzi b’injyana gakondo, umuco n’amateka n’abaryoherwa n’imbyino gakondo z’iri torero.
Kuva ku isaha ya saa moya z’umugoroba, aba mbere bari batangiye gufata ibyicaro muri iri hema ryari ryarimbishijwe nk’urukari rwa kera, rutatswe n’ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo insakazamashusho n’ibindi.
Uretse gufata ibyicaro, hari abandi bari batangiye gushikura intongo z’inka zari ziri kotswa, abandi baminina agatama, imitobe n’ibindi byo kunywa bitandukanye byari byateguwe.
Iri torero ryinjiye ku rubyiniro ritegerejwe cyane, ryanzikiye ku mukino ‘Umutima w’Ingabo’ ugaruka ku bigwi by’abami baguye imbibi z’u Rwanda n’isano yabaga hagati y’indwanyi n’intore.
Waryoheye abitabiriye umunsi wa mbere w’iki gitaramo kizamara iminsi itatu, wakinwe mu byiciro bitatu bitandukanye birimo igice cya mbere kigaruka ku musaza uzuka akaza kubarira abariho ibigwi by’imitwe y’ingabo yagiriye umumaro u Rwanda.
Uyu musaza ngo akizuka aganiriza abo asanze ku butwari bwaranze umutwe w’ingabo w’Abanyensanga washinzwe n’umwami wa mbere w’u Rwanda, Gihanga Ngomijana.
Iki gice cya mbere kandi, kigaruka ku bigwi by’umutwe w’ingabo w’Abatsindiyingoma washinzwe n’Umwami Kigeli I Mukobanya, ukarwana urugamba rwa mbere rwo kwagura Urwa Gasabo rwaje kuvamo u Rwanda.
Igice cya mbere cyasojwe n’ibigwi by’ingabo z’Ibisumizi zari iz’umwami Kigeli IV Rwabugili, akaba ari nazo zarwanyije ko ubucuruzi bw’abacakara bugera mu Rwanda zirwana n’urugamba rwa nyuma rwo kwagura igihugu.
Iri torero ryanyuzagamo rikaririmba indirimbo zirimo Impangaza, Ibihangange, zarwaniye inka, narose nambuka, Inzozi, Benimana y’Urukerereza n’izindi
Igice cya kabiri, iri torero ryagaragaje uburyo Itorero ryabayeho mu gihe cy’amateka y’ubuhunzi ku Banyarwanda, rikaza kuvamo inyota nini yo kugaruka mu rwababyaye, rwari rwarabatereranye.
Hakinwe indi mikino ya Kinyarwanda irimo kunyaburana ndetse n’urukiramende nk’uko mbere y’umwanduko w’abazungu, byakorwaga mu Rwanda.
Igice cya gatatu ari nacyo cya nyuma cy’uyu mukino, cyakinwe hibandwa ku Butore, umwuka w’ubutwari wafashaga abantu bo hambere, kumenya inzira zigoroye zo kugendana kandi bagakora ibibagirira umumaro n’igihugu muri rusange.
Uyu mwuka w’Ubutore washibutse ku Itorero, utera abanyarwanda bari mu buhungiro gushaka kugaruka mu gihugu, bituma batangiza urugamba rwo kurubohora rwarangiye batahukanye intsinzi.
Ubutore n’Itorero niho ‘Imihamirizo’ yaturutse, ikaba imbyino ingabo zabyinaga zigaruka ku rugamba ziba zararwanye. Ni yo mpamvu n’uyu munsi abantu bagihamiriza mu rwego rwo kwerekana ko urugamba rwo gutera imbere rugikomeje. Babyinnye imihamirizo isaga 10 itandukanye.
Uyu mukino washyizweho akadomo n’abana batozwa n’iri torero, bibutsa ababyeyi kwigisha abana umuco nyarwanda, kugira ngo batazibagirwa umuco n’inkomoko yabo.
Aimable uyobora Ibihame by’Imana, yashimiye abitabiriye umunsi wa mbere w’iki gitaramo, abasaba kuzagira batyo muri iyi minsi ibiri ya nyuma kuko bafite ibindi bateguye bizabaryohera.
Amafoto: Kasiro Claude



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!