00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Harmonize ntashaka ko 2024 imusiga ari ingaragu

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 23 January 2024 saa 09:46
Yasuwe :

Nyuma y’iminsi akundana Poshy Queen, umuhanzi Harmonize yahishuye ko yifuza ko umwaka wa 2024 umusiga arongoye.

Ni mu butumwa uyu muhanzi uri mu bagezweho mu karere, yatambukije kuri Instagram Story, avuga ko yifuza ko umwaka wa 2024 wamusiga yongeye kuva mu bugaragu.

Yagize ati “Ndashaka ko umwaka wa 2024 mbishyira ku rundi rwego, umuziki mwinshi n’urukundo rwinshi. Nzashaka mbere y’isabukuru yanjye. Ndashaka kuzuza 30 ndi mu bandi bagabo bashatse.”

Harmonize yakomeje avuga ko intege zo guhangana buri munsi ziri gushira kandi ko amaze kugera ku rwego rwo kwifuriza intsinzi buri wese.

Atangaje ibi nyuma y’iminsi umukobwa witwa Poshy Queen uri mu bakunzwe ku mbuga nkoranyambaga muri Tanzania, ahishuye ko akundana n’uyu muhanzi uzwiho guharara abagore b’imiterere itangaje.

Nyuma y’uko kandi uyu muhanzi atangaje ko yifuza kurongora mu 2024, Poshy Queen yifashishije imbuga nkoranyambaga, yihanangiriza abamuca intege ko Harmonize ari kumukoresha atamukunda na gato.

Yavuze ko ari mukuru bihagije ku buryo atayoberwa umuntu uri kumushuka cyangwa ushaka kumukoresha mu nyungu ze bwite.

Poshy Queen ni umwe mu bakobwa bakunzwe cyane muri Tanzania
Uyu mukobwa akunze kwifashishishwa mu kwamamaza ibigo bitandukanye kubera ikimero
Harmonize yatangaje ko umwaka wa 2024 uzamusiga avuye mu ngaragu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages