00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Harmonize yateye umugongo Yolo the Queen, ararikira Poshyqueen

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 13 January 2024 saa 07:47
Yasuwe :

Harmonize yatangaje ko ashobora kurongora Poshyqueen uri mu bakobwa bakunzwe ku mbuga nkoranyambaga muri Tanzania, nyuma y’igihe ahishuye ko yihebeye Yolo the Queen.

Nyuma y’iminsi banugwanugwa mu rukundo, Harmonize yagaragarije amarangamutima Poshyqueen, atangaza ko ashobora kumurongora, bitungura benshi bamukekaga mu rukundo na Yolo the Queen.

Mu butumwa yatambukije kuri Instagram bwaje buherekeje amashusho amugaragaza we n’uyu mukobwa bari kuryoshya mu bwato, yavuze ko bimukundiye yamwifashisha mu mashusho y’indirimbo nshya cyangwa akamurongora.

Yagize ati “Uyu munsi ndi kumwe n’umuntu uri kuvugwa cyane muri Tanzania yose Poshyqueeen. Mwirengagize iyo ndirimbo turi kumva. Namushyira mu mashusho y’imwe mu ndirimbo zanjye cyangwa murongore?”.

Mu bitekerezo birenga ibihumbi bine abantu batanze kuri ayo mashusho, benshi muri bo babwiraga uyu muhanzi ko akwiye gushaka umukobwa umwe babana, akava mu byo guhora akorakora abakobwa bose bahuye.

Abandi bamubwiraga ko baberanye kandi ko bakubaka umuryango mwiza.

Si ubwa mbere Harmonize asezeranyije umukobwa kumurongora, kuko mu 2023 yatangaje ko yifuza ubwenegihugu bw’u Rwanda, akagura inzu i Kigali ubundi akabana na Yolo the Queen.

Harmonize yasabwe gushaka umukobwa umwe arongora, akareka gukorakora uwo bahuye wese
Harmonize yari aherutse gutangaza ko yifuza kubana na Yolo the Queen
Poshyqueen ni umwe mu bakobwa bagezweho ku mbuga nkoranyambaga muri Tanzania
Imiterere ya Poshyqueen ituma benshi bamutangarira
Ku wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2024, Harmonize na Poshy bari kumwe mu bwato bahuje urugwiro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages