00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hiyambajwe RIB! Rurageretse hagati ya Dabijou na Yago

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 25 June 2024 saa 03:20
Yasuwe :

Rurageretse hagati ya Munezero Rosine wiyita Bijou Dabijou ku mbuga nkoranyambaga ndetse na Yago Pon Dat ashinja icyaha cyo kumukangisha gusebanya no kumukoreshaho ibikangisho.

Dabijou yamaze kurega Yago Pon Dat ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, umuhanzi ubifatanya n’umwuga w’itangazamakuru, aba bombi bakaba barigeze kukanyuzaho mu rukundo.

Ibaruwa IGIHE ifitiye kopi, yerekana ko Dabijou yagejeje ikirego muri RIB kikakirwa ku itariki 3 Kamena 2024.

Uyu mugore avuga ko arega uyu musore bakundanye umwaka urenga kuba aherutse kumwoherereza ubutumwa bumutera ubwoba ndetse amukangisha no kumusebya.

Amwe mu magambo Dabijou arega Yago, harimo kuba aherutse kumwoherereza ubutumwa amubwira ko azamumena umutwe ndetse akazanashyira hanze amafoto ye yambaye ubusa.

Dabijou avuga ko uyu muhanzi yaje no kumwoherereza aya mafoto mu rwego rwo kumwereka ko ayafite, ibyo we asanga ari ukumukangisha kumusebya.

Dabijou uhamya ko atazi igihe ayo mafoto n’amashusho yafatiwe n’uyu musore bakanyujijeho mu rukundo, anasaba ubutabera ku magambo ya Yago wamwoherereje amajwi amukangisha gushyira hanze amayeri ye mu gucuruza abana b’abakobwa muri Nigeria.

Nk’uko bigaragara muri iyi baruwa, Dabijou ahamya ko Yago atakabaye amukangisha iby’iki cyaha kuko abizi neza ko yagikurikiranweho akakiburana, bikarangira agizwe umwere nubwo yagifungiwe umwaka n’igice.

Amakuru ahari ahamya ko ikibazo cy’aba bombi gishingiye ku mafaranga Dabijou yahaye Yago mu gihe bakundanaga undi akaba yaranze kuyamwishyura.

Ibaruwa Dabijou yandikiye RIB arega Yago Pon Dat
Dabijou yamaze kurega Yago bahoze bakundana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages