Iki gitaramo cyiswe “Old School Party”, cyateguwe na The Mirror Hotel ku bufatanye na Diamond Motion Pictures, kizaba ku wa Gatanu tariki 31 Kanama kikazatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Nkurikiyinka Bosco ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa bya The Mirror Hotel yatangarije IGIHE ko iki gitaramo cyateguwe neza kandi kizaba kinarimo ibihembo bitandukanye ku bazakitabira bambaye imyenda ya kera ifite umwihariko.
Yagize ati “Kenshi usanga mu Rwanda habera ibitaramo biba birimo indirimbo zigezweho n’imyambarire y’ubu ariko abantu baba bakeneye no gusubira muri bya bihe bya kera.”
Yongeraho ati “Niyo mpamvu twateguye iki gitaramo kizabera muri The Mirror Hotel. Hazaba harimo n’ibihembo bitandukanye ku bantu bazaza bambaye imyenda yo hambere.”
Nkurikiyinka yavuze ko buri muntu yemerewe kwambara ibyo ashaka muri iki gitaramo ariko byaba byiza ufite umwenda wo ha mbere ari wo aserukanye kugira ngo anawibutse abandi.
Mu bahanzi bakomeye bazitabira iki gitaramo harimo DJ Pius, Ama G The Black, Mico The Best, Man Martin n’abakinnyi batandukanye ba filime bo mu Rwanda.
Kwinjira ni ukwishyura amafaranga ibihumbi bitanu [5000Frw] ariko umuntu akazaba yemerewe kuyafatamo icyo ashaka cyaba icyo kurya cyangwa kunywa.



















TANGA IGITEKEREZO