Umusore witwa Ikuzwe Iba ukoresha izina ry’ubuhanzi rya IBAlab, w’imyaka 21, ni umwe mu bari gufata amashusho ashishikariza abantu gufasha no gushyigikira abana bagizwe impfubyi na SIDA y’umushinga witwa Black Ball ’’Keep a Child Alive’’, umuhanzi w’icyamamare Alicia Keys abereye umuvugizi.
IBAlab ari gufata amashusho y’aba bana hano i Kigali no muri Uganda nk’ibihugu uyu mushinga usanzwe ukorera ku mugabane wa Afurika.
Mu kiganiro na IGIHE, IBAlab yavuze ko yahamagawe n’uwitwa Naizi Nasser, ukorera muri Kampani yitwa POSE Films, ari nayo yahawe akazi ko gutunganya aya mashusho.
IBAlab yavuze ko yashimishijwe cyane n’uko ibi bikorwa ari gukora bizerekanwa imbere y’ibyamamare nka Jay-Z, Beyonce na Michelle Obama mu rwego rwo gushishikariza isi gufasha aba bana.
Yagize ati “Aya mashusho turi gufata azerekanwa muri New York, aho kwinjira bizaba ari ukwishyura ibihumbi icumi by’Amadolari; amafaranga azafashwa abo bana”.
Yongeraho ati "Kuri njye ni ibintu byanshimishije cyane kubona hazagaragara izina ryannjye kuri imbere y’ibihangange nk’ibyo”.
Producer IBAlab, watunganyije indirimbo “Uruhinja” ya Ama-G The Black na Gisa na “Kabimye” ya Kamichi yaherukaga gutangariza IGIHE ko impamvu badacurangwa ku mateleviziyo mpuzamahanga nka MTV, Trace TV, Chanel O n’ayandi bidaterwa no kutagira impano kw’abatunganya amashusho ahubwo ko ari ukubura ubushobozi n’ibikoresho bihagije.
Alicia Keys asobanura ibijyanye na ’’Keep a Child Alive’’:
Bimwe mu bitaramo bya ’’Keep a Child Alive’’ birimo Jay-Z na Alicia Keys n’ibindi byamamare:



















TANGA IGITEKEREZO