00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitaramo bine bigiye guherekeza ‘Tour du Rwanda2025’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 31 January 2025 saa 10:09
Yasuwe :

Abakunzi b’umuziki batekerejweho mu Irushanwa ryo gusiganwa ku Magare ‘Tour du Rwanda 2025’ cyane ko kugeza ubu hamaze kwemezwa ko rizaherekezwa n’ibitaramo biri mu mujyo wa ‘Tour du Rwanda Festival’ bizanyura mu Mujyi ine.

Ubuyobozi bwa KIKAC Music busanzwe butegura ‘Tour du Rwanda Festival’ bwamaze kwemeza koi bi bitaramo bizazenguruka mu Mijyi ine irimo Musanze, Rubavu, Huye ndetse na Kigali.

Ibi bitaramo bihuza amagare n’umuziki kuko abakunzi bayo iyo bamaze kuruhuka mu gihe cya nimugoroba baba bifuza ahantu bahurira bagasabana, bikaba andi mahirwe ku bafatanyabikorwa ba Tour du Rwanda kuko babasha kubona aho bongera gutangira ubutumwa bw’ibikorwa byabo.

Iri rushanwa rizenguruka u Rwanda ku magare rigiye kuba ku nshuro ya 17 rizatangira ku wa 28 Gashyantare kugeza ku wa 2 Werurwe 2025.

Ku rundi ruhande ntabwo abategura ibi bitaramo baratangaza abahanzi bazifashisha mu rwego rwo gususurutsa abakunzi b’umuziki.

Tour du Rwanda izaba ku nshuro ya 17 kuva ibaye mpuzamahanga, ni ku nshuro ya karindwi izaba ibaye iri ku rwego rwa 2.1, aho yitabirwa n’amakipe akomeye aturutse ku migabane itandukanye y’Isi.

Ibitaramo bya 'Tour du Rwanda Festival' biri mu byitabirwa ku rwego rwo hejuru
Ibitaramo bine bigiye guherekeza ‘Tour du Rwanda2025’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages