00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitaramo bya The Ben na Bruce Melodie birangiye impaka zikiri zose

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 5 July 2026 saa 08:41
Yasuwe :

Nyuma yo kuzenguruka mu mijyi ine y’u Rwanda, ibitaramo bya ‘Summer Country Tour’ byasorejwe mu Mujyi wa Rubavu ku wa 4 Nyakanga 2026, aho byongeye kugaragaza urukundo abaturage baho bakunda umuziki nyarwanda.

Nubwo ibi bitaramo byarangiye, impaka hagati y’abakunzi ba The Ben na Bruce Melodie zo ziracyakomeje, buri ruhande rushimangira ko umuhanzi warwo ari we warushije undi gutanga ibyishimo.

Mbere y’uko ibi bitaramo bitangira, benshi babifashe nk’umwanya wo guca impaka ku muhanzi urusha undi hagati ya The Ben na Bruce Melodie.

Icyakora, nubwo byarangiye, ntibyahagaritse izi mpaka kuko abakunzi babo bagikomeje kutavuga rumwe ku wagaragaje imbaraga nyinshi kurusha undi.

Iyo urebye ibitekerezo bitambuka ku mbuga nkoranyambaga, usanga impaka zikomeje kuba zose, buri ruhande rwiregura ko umuhanzi warwo ari we wahize undi mu buryo bwo gutaramira abafana.

Uretse izo mpaka, ibi bitaramo byasize ibyishimo mu bakunzi b’umuziki aho byabereye hose, haba i Musanze ku wa 13 Kamena 2026, i Nyagatare ku wa 20 Kamena, i Nyamata ku wa 27 Kamena ndetse n’i Rubavu aho byasorejwe ku wa 4 Nyakanga 2026.

Mu gitaramo cyo gusoza, Bwiza ni we wabanje ku rubyiniro, asusurutsa abakunzi be b’i Rubavu ndetse agaragaza ko ahafite abafana benshi. Yaririmbye indirimbo zirimo Gake Gake, Wibeshya, Exchange, Ready, Ahazaza, Yiwe, Best Friend, Ni Danger, Iyo Twicaranye, Ogera na Do Me.

Nyuma ye hakurikiyeho Kitoko, na we wakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki, aririmba indirimbo zirimo Rurabo, Agakecuru, Urukundo, Akabuto, Sibyo na Thank You Kagame.

The Ben yakurikiyeho, aririmba indirimbo zirimo Ndi Uw’i Kigali, I’m in Love, Lose Control, Folomiana, Habibi, Indabo Zanjye, Naremeye, Wigenda, Zubeda, Pawa, Ko Nahindutse, Ndaje, Ni Forever, Roho Yanjye, Amahirwe Ya Nyuma, Ntacyadutanya, Why, Plenty, Sikosa, Thank You ndetse na Kwicuma, yayiririmbanye na Green P wari kumwe na P Fla.

Bruce Melodie ni we wasoje igitaramo, aririmba indirimbo zirimo Selebura, Funga Macho, Ikinya, Ikinyafu, Akinyuma, Saa Moya, Ndakwanga, Nisindiye, Fou de Toi, Igitangaza, Urabinyegeza, Ubushyuhe, Bado, Pom Pom, Ndumiwe, Kungola na Henzapu.

Ahagana saa sita n’iminota mike z’ijoro ni bwo Bruce Melodie yasoje igitaramo, asezera ku bakunzi b’umuziki bari bacyitabiriye ari benshi ndetse abashimira uburyo bakomeje kumushyigikira.

Nubwo impaka hagati y’abakunzi ba The Ben na Bruce Melodie zigikomeje, benshi bahuriza ku kuba aba bahanzi bombi baratanze ibyishimo mu bitaramo bahuriyemo. Hari n’abasabye abateguye Summer Country Tour kongera gutegura ibindi bitaramo nk’ibi, kubera uburyo byashimishije abakunzi b’umuziki hirya no hino mu gihugu.

Abafana bageze muri stade hakiri kare cyane
Abafana ba The Ben bari mu bazindukiye muri Stade ya Rubavu
Mu bafana ibyapa byari byinshi cyane
Abafana ba The Ben bari bifatiye imyanya imbere
Bertrand niwe mushyushyarugamba wafashije abafana gushyuha
DJ RY niwe wasusurukije abitabiriye iki gitaramo
Uko amasaha yigiraga imbere niko stade yarushagaho kuzura
The Ben yari ashyigikiwe i Rubavu
Abahanzi b'i Rubavu bahawe amahirwe yo kugaragaza ibyo bashoboye
Kanyota na TBlaise b'i Rubavu batanze ibyishimo ku bakunzi babo
Nyirinkindi uzwi mu ndirimbo 'Mwarakoze inkotanyi' yataramiye ab'i Rubavu
Nyirinkindi yishimiwe bikomeye
Muri iki gitaramo umunyamahirwe yegukanye imodoka yatsindiye muri tombora ya Tenga Promo
Uyu mukobwa niwe wegukanye iyi modoka
Pirate aba yakamejeje mu bafana ba Bruce Melodie
Producer Kompressor yari yitabiriye iki gitaramo
Coach Gael ni uku yari yaserutse muri iki gitaramo
Kevin Montana ni umwe mu bahanzi bakizamuka bahawe amahirwe muri iki gitaramo
Bimaze kumenyerwa ko Bwiza atava ku rubyniro atabyinishije umusore
Bwiza yagerageje guha ibyishimo abakunzi be uko ashoboye kose
Bwiza ni uku yari yaserutse imbere y'abakunzi be
Kitoko nawe ni uku yahingutse imbere y'abafana be
Kitoko ni umwe mu bahanzi bafite indirimbo nyinshi zizwi n'abakunzi b'umuziki
Kitoko, inyinshi mu ndirimbo ze aziririmbana n'abafana be
Ibi bitaramo Kitoko yongeye kubigaragarizamo ko ari umuhanzi mukuru
Lucky Nzeyimana wayoboye ibi bitaramo yashimiye abafana n'abaterankunga babyo
The Ben ni uku nawe yahingutse imbere y'abafana
The Ben yageze aho agakote arakikura
The Ben wize kubyinana n'ababyinnyi be yanyuzagamo akabafasha gushimisha abakunzi be
Fever hari aho yageze asanga The Ben ku rubyiniro
The Ben yavuye ku rubyiniro ubona ko atabishaka
The Ben yakunze gufatira abafana ifoto y'urwibutso
Mbere yo kuva ku rubyiniro, The Ben yahamagaye Green P na P Fla bamufasha gususurutsa abakunzi be
Green P na P Fla bashimiye The Ben
Bruce Melodie yishimiwe cyane i Rubavu
Bruce Melodie nawe ntiyigeze atenguha abakunzi be
Nyinshi mu ndirimbo za Bruce Melodie abafana bamweretse ko bazizi ijambo ku rindi
Bruce Melodie yataramiye abakunzi be b'i Rubavu bari bamukumbuye ku bwinshi
Yari yizihiwe kubera umuziki mwiza
Jay C yagiye ku rubyiniro gufasha Bruce Melodie mu ndirimbo 'I am back'
Jay C ni umwe mu batumye abafana barushaho gushyuha

Amafoto: Prince Willy Rusa& Cyubahiro Key


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages