00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyishimo ku bitabiriye igitaramo cya Gakondo Acoustic (Amafoto & Video)

Yanditswe na Dusabimana Aimable
Kuya 25 June 2018 saa 08:25
Yasuwe :

Abakunzi b’umuziki ukozwe mu njyana gakondo n’ituje banyuzwe n’igitaramo cya Gakondo Acoustic mu ndirimbo z’abahanzi batandukanye biganjemo abakibyiruka bagaragaje ubuhanga mu miririmbire no gucuranga.

Iki gitaramo cyabereye muri Impact Hub iherereye mu Kiyovu mu mpera z’icyumweru cyaranzwe n’ubwitabire bw’abantu benshi bakunda umuziki w’umwimerere babigaragaje no mu mbyino bagafatanya n’abahanzi babasusurukije.

Haririmbye abahanzi batandukanye bakizamuka ariko bagaragaza ubuhanga mu njyana gakondo ari bo Audia Intore, Paccy Nyirantwari, Victor Rukotana n’uwitwa Ruti Joel [Mubyara wa Jules Sentore] watunguye bagenzi be bitabiriye igitaramo mu ndirimbo zakanyujijeho bigatinda.

Usibye aba baririmbyi ba gakondo hanaririmbye Peace Jolis ukora injyana ituje, Munyakazi atarama acuranga inanga. Iki gitaramo cyanahawe umugisha na Nyiranyamibwa Suzane nk’umuhanzi mukuru wafatanyije n’abakibyiruka gushimangira uburyohe bw’injyana ya kinyarwanda abitabiriye bakarushaho kunyurwa.

Mu kiganiro na IGIHE, Kayitare Mustapha uri mu batangije itegurwa ry’ibi bitaramo yavuze ko ari uburyo bushya bwo gufasha abakunda injyana gakondo kwidagadura kandi bikaba bizajya bibaho buri kwezi bagatumira abahanzi batandukanye bakora gakondo n’undi umwe mu bafite ibigwi bikomeye mu Rwanda.

Yagize ati “Igitaramo cyari cyiza. Mu by’ukuri uko cyagenze byatunyuze, mwabonye ko cyitabiriwe cyane ndetse imyanya ikageraho igashira. Ni ibigaragaza ko abantu bakunda injyana gakondo, bityo turimo turatekereza niba habaho guhindura aho kibera hagashakwa ahagutse cyangwa niba twaguma hano bitewe n’abafatanyabikorwa bacu.”

Yongeyeho ati “Icy’ibanze ni uko abantu bakunda gakondo bazajya bisanga muri ibi bitaramo, mwanabonye ko n’abafite impano tubaha umwanya bakayigaragaza ibyishimo bigasangirwa.”

Uraranganyije amaso mu bitabiriye iki gitaramo bagaragazaga ibyishimo bisa n’inseko kuri bamwe mu banyamahanga batuye mu Mujyi wa Kigali bari banyuzwe n’umudiho w’injyana gakondo zo mu Rwanda.

Turatimana Élisée, umwe mu bitabiriye iki gitaramo baganiriye na IGIHE, yavuze ko “Byaba ari umuco mwiza hagiye habaho ibitaramo byinshi nk’ibi, kuko bitoza abakibyiruka gukunda iby’iwabo ndetse bigakumbuza abakuze gutarama byo mu Rwanda rwo hambere”.

Ni ku nshuro ya mbere iki gitaramo cya Gakondo Acoustic kibaye. Abasusurukije abitabiriye bibanze ku ndirimbo z’abahanzi bakomeye bakanyujijeho mu muziki wo hambere baba abakiriho n’abatakiriho.

Abahanzi basusurukije igitaramo cya Gakondo Acoustic banyuzagamo bakabyina
Abanyamahanga batuye mu Mujyi wa Kigali na bo bari banyuzwe n'iki gitaramo cy'umwimerere w'injyana gakondo
Audia Intore, umwe mu baririmbyi bagaragaza ubuhanga mu kuririmba injyana gakondo
Akanyamuneza kari kose kuri buri wese witabiriye iki gitaramo
Bamwe mu bakobwa bahataniye ikamba rya Nyampinga w'u Rwanda bari bitabiriye iki gitaramo
Benshi banyuzwe n'umuziki wacuranzwe babigaragaza babyina
Iki gitaramo cyabereye muri Impact Hub mu Kiyovu
Kayitare Mustapha uri mu batangije itegurwa ry'ibi bitaramo yavuze ko bizajya bibaho buri kwezi
Mbere y'uko igitaramo gihumuza, aba bahanzi bose bafatanyije gusezera ku bitabiriye mu ndirimbo zitandukanye
Munyakazi Deo yasusurukije abitabiriye iki gitaramo abacurangira inanga
Nyiranyamibwa yaririmbiye abitabiriye mu gutera imbaraga abahanzi bakibyiruka
Paccy Nyirantwari na Audia Intore barishimiwe mu ndirimbo zirimo 'Umunezero' ya Kayirebwa na 'Umumararungu' ya Gabriel Kabengera
Paccy Nyirantwari, umukobwa wanyuze benshi muri iki gitaramo kubera ubuhanga mu kugorora ijwi
Peace Jolis yaririmbiye abitabiriye iki gitaramo zimwe mu ndirimbo zigize album nshya ari gutegura
Ruti Joel [Mubyara wa Jules Sentore] yanyuze abitabiriye iki gitaramo cya Gakondo Acoustic agaragaza umwihariko mu kuririmba
Umurya wa 'guitar' mu ndirimbo zakanyujijeho na wo wanyuze benshi
Urubyiruko rwishimiye abahanzi basusurukije iki gitaramo
Victor Rukotana yanyuze abitabiriye iki gitaramo mu njyana gakondo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages