Yabigarutseho mu birori bya ‘The Silver Gala’ byateguwe na Sherrie Silver Foundation y’umubyinnyi akaba n’umukinnyi wa filime, Sherrie Silver, ubwo yaganiraga n’itangazamakuru.
Aha umunyamakuru yamubajije ati ‘duheruka gutaha imodoka yawe nshya bamwe bayibazaho, bati amafaranga avahe? Ubundi akora iki?’
Undi mu gusubiza yahise agira ati “Aho ayo mafaranga ava ntabwo bibareba. Ntabwo nabibonye ni amateshwa. Ubundi se bibarebaho iki muri rusange? Bihorere.”
Miss Mutesi Jolly ubitse ikamba rya Miss Rwanda 2016, mu minsi ishize nibwo yaguze imodoka iri mu zihenze zikorwa n’uruganda rwa Mercedes-Benz.
Uyu mukobwa yaguze imodoka iri mu bwoko bwa Mercedes-Benz G-Class (izwi nka G-Wagon 63 yo mu 2025). Uraranganyije amaso ku mbuga zitandukanye zerekana ko iyi modoka igura miliyoni zirenga 359 Frw.
Uretse iyi modoka kandi hari amakuru avuga ko, mu minsi yashize yujuje umuturirwa nawo utapfa kwigonderwa na benshi, bafite agatubutse mu mujyi wa Kigali. Iyi nzu bivugwa ifite agaciro ka miliyari 1Frw, yubatse i Kibagabaga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!