Iri serukiramuco rigiye kuba ku nshuro ya kabiri rizabanzirizwa n’ibitaramo by’iminsi ibiri bizabera i Kigali, aho ku wa 15 Ukuboza 2022 bazataramira kuri Mundi Center (Boogaloo), ku munsi wahariwe abanyarwenya bakoresha Ikinyarwanda n’Igifaransa.
Ku wa 16 Ukuboza 2022 hazakora abanyarwenya bakoresha Ikinyarwanda n’Icyongereza, nyuma yaho abanyarwenya bakoresha igifaransa bazakomereza mu mujyi wa Bujumbura mu Burundi na Bukavu muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.
Michaël Sengazi wegukanye igihembo cya ’Prix RFI Talent du rire 2019’ akaba ari we watangije ibi bitaramo mu 2019, avuga ko uyu mwaka bizahuzwa n’ibikorwa byo gufasha abana bababaye.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE yagize ati "Aba banyarwenya benshi twahuriye mu bitaramo bitandukanye nagiye nitabira muri Afurika, ni bamwe mu bakomeye muri Afurika, harimo abafite ibiganiro by’urwenya kuri Canal+, abenshi ni ubwambere bazaba bataramiye mu Rwanda."
Yakomeje agira ati "Ku musozo w’iriserukiramuco tuzakomezanya na Our Past Initiative dukorane igikorwa cyo gufasha abana ku itariki 26."
Michaël Sengazi avuga ko ibi bikorwa bitazabera mu Rwanda gusa, ati "Ni ibikorwa bizabera mu Rwanda, i Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho ubushize twasuye abarwariye mu bitaro bikoraho Dr Mukwege, twe ntabwo dutanga ibyishimo dusetsa abantu ahubwo tureba n’abandi bari mu buzima butari bwiza tukabageraho."
Iri serukiramuco ’Caravane du rire’ ryatumiwemo abanyarwenya baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika barimo Herve Kimenyi, Fally Merci, Babu, Michaël Sengazi, Prince bo mu Rwanda; Tsitsi Chiumya wo muri Afurika y’Epfo, Oga Bachelor wo muri Kenya, Joyeux Bin Kabodjo wo muri DRC na Oualas Tahar Lazrak wo muri Maroc ariko wakuriye muri Côte d’Ivoire.
Abandi barimo Prissy La Degameuse wo muri Côte d’Ivoire, Ismael Gasore w’i Burundi na Ulrich Takham wo muri Cameroun.
Abazitabira iri serukiramuco bazataramirwa n’itsinda ry’abanyamuziki Symphony Band na DJ Phionah.
Kwinjira muri iri serukiramuco ni 9950 Frw igihe waguze itike y’umunsi umwe, 17950 Frw ku itike y’iminsi ibiri mu myanya isanzwe na 200,000 Frw muri VIP ku meza. Ni mu gihe ku bantu batatu bishyura 47,950 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!