Urugendo rwa Bruce Melodie na Prince Kiiiz, rwateje impaka ku mbuga nkoranyambaga aho benshi bibazaga impamvu uyu muhanzi yasize Element basanzwe bakorana binyuze muri sosiyete ya 1:55 AM ltd akajyana undi mu-producer w’ahandi nko muri Country Records yavuye.
Prince Kiiiz wegukanye igihembo cy’utunganya amajwi y’indirimbo wahize abandi (Best Music Producer) muri IMAwards 2023, yavuze ko urugendo rwe na Bruce Melodie bagiriye muri Kenya rwari rugamije kwamamaza indirimbo “When She’s Around” atari kumusiga akandi ari we wayikoze.
Uyu musore ubwo yari mu kiganiro Isango na Muzika cya Isango Star, yavuze ko urugendo rwe rwari ruzwi na Country Records ndetse nta gahunda afite yo kuhava ngo asubire muri 1:55 AM Ltd.
Ati “Impamvu nagiye muri Kenya rwari urugendo rw’akazi twari tugiye mu bikorwa bigamije kumenyakanisha indirimbo ‘When she’s around’ kandi ni indirimbo nakoze kuva kuri zeru ikiri ‘Funga Macho’, ntabwo rero yari kujyana undi muntu kandi aziko arinjye wakoze iyo ndirimbo.”
“Njye ndi muri Country Records ndatekanye, meze neza nta kibazo dufite , 1:55 AM nkorana nabo nk’uko nkorana n’abandi bo muri KIKAC Music, muri Giti Entertainment, n’abandi , iyo dukoranye kuriya rero baraza bakishyura nk’abandi bisanzwe.”
Yakomeje avuga ko Country Records yari izi gahunda zose z’uru rugendo rwe ndetse babanje kwicarana bakabiganiraho harebwa icyo iyi sosiyete izungukiramo.
Uru rugendo rwasize Prince Kiiiz akoze indirimbo Bruce Melodie yahuriyemo na Bien Aime Baraza , Ben Sol , Bahati na Nadia Mukami.
Kurikira ikiganiro kirambuye



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!