“Miss of The Nile” ni filime igaruka ku mukobwa witwa Rose. Uyu mukobwa aba yaravutse mu buryo budasobanutse kuko umubyeyi we atari afite ubushobozi, akamuta kwa muganga ariko agasiga amwandikiye urwandiko ruzamujyana kujya gushaka umubyeyi we.
Uyu mukobwa uba yarajugunywe, aza kurerwa n’abandi bantu baba barabuze urubyaro, bakamurera atari izindi mpuhwe. Uwo mwana aza kubaho nabi, akishakira uko akora ubuzima bwe, yubaka igihugu cye aba umuntu.
Ineza Keila Bernice wamamaye muri filime zitandukanye zirimo Bamenya ni umwe mu bazagaragara muri iyi filime. Uyu mukobwa ni we mukinnyi w’imena, byumvikane ko ari we Rosa.
Willy Ndahiro agaragaramo ku mazina ya Gwiza, Kennedy Mazimpaka agaragaramo yitwa Alain, Assumpta Mico muri iyi filime yitwa Rozy naho Kanagire Laurene yitwa Claire.
Hari kandi Kate Katabarwa witwa Lize mu gihe Kabarokore Yvonne ukunda gukoresha izina rya Ïvy, wari waserukiye u Rwanda mu irushanwa rya Miss Planet International 2024 ryabereye muri Cambodia, azagaragaramo yitwa Linda. Undi uzagaragaramo ni Daniel Gaga benshi bazi nka Ngenzi.
Ifatwa ry’amashusho y’iyi filime ryatangiye ku wa 15 Gicurasi 2025, rizasozwa ku wa 29 Gicurasi. Abakinnyi n’ikipe iri gukora kuri iyi filime bamaze iminsi irindwi i Musanze, aho bari bafite n’iminsi ibiri mu ruganda rw’icyayi i Nyabihu. Bakoreye kandi muri ‘Kinigi Women Village’ ahari abagore bakorera ubugeni.
Nyuma yo kuva i Musanze bahise berekeza mu Mujyi wa Kigali aho bakoreye muri ALU, mu bitaro by’Umwami Faisal n’ahandi hatandukanye nk’uko Aaron Niyomwungeri ushinzwe ibikorwa bijyanye no gufata amashusho ya filime yabitangaje.
Iyi filime izajya hanze muri uyu mwaka cyane ko nyuma yo kuzenguruka igihugu hafatwa amashusho yayo, hazakurikiraho kuyitunganya. Byitezwe ko nijya hanze izerekanwa mu nzu zerekanirwamo filime ndetse no mu maserukiramuco atandukanye ku Isi yose.
Iyi filime yashowemo imari na Ismaël Ntihabose wakoze filime ‘Kinyarwanda’ yagiye hanze mu 2011, yanamamaye cyane mu Rwanda no hanze yarwo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!