00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igisubizo cya Jamie Foxx ku bivugwa ko Diddy yashatse kumwica

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 23 May 2025 saa 09:58
Yasuwe :

Umukinnyi wa filime akaba n’umuhanzi ukomeye muri Amerika, Eric Marlon Bishop wamenyekanye nka Jamie Foxx, yahakanye amakuru yari amaze igihe avugwa ko umuraperi Diddy yashatse kumwica mu 2023.

Amakuru y’uko umuraperi Sean Combs uzwi nka Diddy, yaba yarashatse kwica Jamie Foxx yatangiye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga muri Mata 2023, ubwo uyu mukinnyi wa filime yamaze amezi atatu mu bitaro arembye cyane.

Byavuzwe ko Diddy yaba yarashatse kwicisha Foxx nyamara ntibikunde.

Icyakoze Jamie Foxx yahakanye ibi, avuga ko ari ibihuha ndetse ko nawe yabibonye akiri mu bitaro.

Mu kiganiro yagiranye na Hollywood Reporter, yagize ati “Nari ndwariye mu bitaro, nsomye ibintu ku mbuga nkoranyambaga birimo ngo Diddy yashatse kunyica. Oya, Diddy ntiyigeze ashaka kunyica”.

Iyi ni inshuro ya kabiri Jamie Foxx ahakana aya makuru, kuko ubwa mbere yabihakaniye mu gitaramo cy’urwenya yise ‘What Had Happened Was’ cyanyuze kuri Netflix, aho yavuze ko Diddy atari kumwica cyane ko n’ibirori bye yitabiraga yabisohokagamo hakiri kare.

Icyo gihe yagize ati “Imbuga nkoranyambaga zivuga ko Puff yashatse kunyica, uko niko zavugaga, ndabizi ibyo mutekereza ko Diddy yabikora ariko njyewe nasohokaga muri biriya birori bye hakiri kare”.

Jamie Foxx yavuze ku byo kuba Diddy yarashatse kumwica

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages