00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igisubizo cya Rihanna ku batekereza ko atwite umwana wa kane

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 19 April 2026 saa 10:31
Yasuwe :

Rihanna yamaganiye kure amakuru y’uko yaba atwite nyuma y’uko hari ifoto ye yafashwe mu mpeshyi ya 2025 atwite, yongera gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bayiheraho bavuga ko yaba atwite umwana wa kane.

Yabitangarije mu butumwa yasubizagamo umwe mu bakoresheje Instagram agendeye kuri iyi foto, avuga ko uyu mugore atwite.

Mu kumusubiza, Rihanna yamubwiye ashyenga aramubaza ati “Uwo mwana uri mu nda turi kumwe.”

Amafoto yakoreshejwe benshi bongera kuvuga ko Rihanna atwite, yafashwe ubwo yari yasohotse mu birori byo kumurika imideli mu 2025.

Iyo nda ya Rihanna yaje kuvukamo Rocki Irish wavutse muri Nzeri ya 2025 yiyongera kuri RZA w’imyaka itatu, na Riot w’imyaka ibiri. Bose Rihanna yababyaranye na A$SAP Rocky.

Icyakora, Rihanna ntiyigeze ahakana ibyo kuba yakwagura umuryango mu gihe kizaza.

Rihanna watangiye gukundana na Rocky mu mpera za 2019, aherutse gutangaza igaruka rye mu muziki muri Gashyantare ya 2026. Yemeje ko afite na album azahita asohora nyuma y’imyaka isaga icumi ntayo asohora.

Rihanna yahakanye amakuru ko atwite, ashimangira ko amafoto ari gukwirakwizwa ari aya kera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages