Ni igitaramo cyiswe ‘Code 250’ cyari gitegerejwe i Kampala muri Uganda ahazwi nka Black Panther Kampala.
Kuri uyu wa 31 Gicurasi 2026, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Christopher yiseguye ku bafana be agaragaza ko ki gitaramo kitasubitswe bimuturutseho ahubwo ko byatewe n’ingamba Uganda yashyizeho zo guhangana na Ebola.
Ati “Ku bw’icyorezo cya Ebola gihari n’inyungu z’ubuzima n’ituze by’abaturage, turabamenyesha ko igitaramo cyacu cyari giteganyijwe ku wa 2 Kamena cyasubitswe”.
Christopher Muneza, uheruka gusohora album ye yise H2O, yakomeje avuga ko uyu utari umwanzuro waboroheye gufata.
Icyakora, ahamya ko ubuzima bw’abafana, ubw’abo mu ikipe ye, n’ubw’abaturage muri rusange buza imbere y’ibindi byose ku buryo batapfa gukora igitaramo nk’iki gihuriramo abantu benshi kandi bibuzwa mu mabwiriza yo kurinda Ebola gukwirakwira.
Yihanganishije abafana ndetse anemeza ko, iki cyorezo nigihashywa, hazatangazwa igihe iki gitaramo kizasubukurirwa.
Abari bagiteguye na bo bifashishije imbuga nkoranyambaga bavuga ko bagisubitse bagendeye ku mabwiriza yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya Ebola.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!