Ibi Juno Kizigenza yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo yari abajijwe uko yakiriye kuba agiye gutora bwa mbere by’umwihariko akaba ari n’umwe mu bahanzi bari guherekeza Umuryango FPR Inkotanyi mu bikorwa byo kwamamaza.
Muri iki kiganiro Juno Kizigenza yagize ati “Ni amahirwe akomeye kuba nzatora bwa mbere kandi nkanatanga umusanzu wanjye nk’umuhanzi mu kuba inyuma y’Umuryango FPR Inkotanyi, ni iby’agaciro kugira umusanzu mu iterambere ry’igihugu cyanjye mbicishije mu matora, by’umwihariko nk’umuhanzi ushyigikiye kandi uherekeza Umuryango FPR Inkotanyi mu bikorwa byo kwiyamamaza, mfite amahitamo meza.”
Uyu muhanzi uhamya ko yishimiye kuba umwe mu bahanzi biyambajwe na FPR Inkotanyi kugira ngo ayiherekeze mu bikorwa byo kwiyamamaza, ahamya ko ari amahirwe adasanzwe kuba agiye gutora bwa mbere ariko akagira n’uruhare mu gukangurira abakunzi be gushyigikira Umuryango wa FPR Inkotanyi.
Juno Kizigenza yagize umwanya wo gusaba abakunzi be kuzitabira ku bwinshi amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite, ndetse nk’umwe mu bashyigikiye Umuryango FPR Inkotanyi, yanabasabye kuzagira amahitamo meza bagatora abakandida b’uyu Muryango.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!