00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kabanda wa Isibo TV ukubutse muri Rwanda Day yiyemeje no gutangiza radiyo

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 6 February 2024 saa 06:18
Yasuwe :

Umushoramari Kabanda Jean De Dieu watangije Isibo TV yagaragaje ko kwitabira Rwanda Day bizagira uruhare runini mu kwagura ibikorwa bye birimo no gufungura radiyo y’imyidagaduro ya ‘Isibo Fm’.

Kabanda Jean De Dieu ‘Jado’ ari mu Banyarwanda bitabiriye Rwanda Day yabereye i Washington DC ku matariki ya 2-3 Gashyantare 2024. Ni ibintu afata nk’ibidasanzwe kuko yari inshuro ya mbere ayitabiriye.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE yavuze ko hari ubumenyi yakuyemo kandi mu gihe cya vuba azatangira gukorana n’abo bahahuriye.

Ati “Nitabiriye Rwanda Day ari ubwa mbere. Nayigiriyemo umugisha kuko nahuye n’ibyiza byinshi. Hari abo twiganye twari twaraburanye, duhura n’abacuruzi bo mu Rwanda ndetse n’abo hirya no hino tugira umwanya wo kuganira kandi bizavamo imikoranire ibyara akazi mu bihe biri imbere”.

Akomeza asobanura ko Rwanda Day ari umwanya mwiza kuri we nk’umucuruzi kuko yungutse abafatanyabikorwa bazagirana imikoranire yo kwamamaza ibikorwa bitandukanye binyuze mu gitangazamakuru yashinze.

Kabanda yavuze ko kuva muri Rwanda Day ari umwanya mwiza wo guhita anafungura ku mugaragaro radiyo ye izaba yumvikana mu gihugu hose, cyane ko imyiteguro igeze kure.

Ati “Hari igikorwa gikomeye turi gutegura. Isibo TV turi kuyagura kuko vuba muzumva na Isibo Fm. Iyo ni inkuru nziza kuko turi kwaguka kandi imyiteguro irarimbanyije”.

Isibo TV yatangiye gukora muri Nzeri ya 2019 ifite umwihariko wo gutambutsa ibiganiro by’imyidagaduro, ifungurwa ku mugaragaro ku itariki ya 18 Mutarama 2020.

Jado Kabanda ari kumwe na Arthur Asiimwe wahoze ayobora RBA
Kabanda washinze Isibo TV yitabiriye Rwanda Day imuhuza n'abazamufasha gukomeza kwagura ishoramari rye
Kabanda Jean De Dieu yungukiye byinshi muri Rwanda Day yabereye i Washington DC birimo gufungura radiyo vuba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages