00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impinduka zihuse The Ben yifuza kuri Niron Buntu yatangiye gufasha

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 27 July 2026 saa 09:46
Yasuwe :

Nubwo The Ben yemeza ko Niron Buntu ari umuhanzi ufite impano idashidikanywaho, yavuze ko hari bimwe mu byo yifuza kumufashamo kugira ngo arusheho gutera imbere no kuba umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Mu minsi ishize ni bwoThe Ben yahamirije IGIHE, ko yamaze kumvikana n’umuryango wa Nirere Eddy winjiye mu muziki akoresha izina rya Niron Buntu cyane ko asanzwe ari na mubyara we, kugira ngo amubere umujyanama anamushyigikire mu rugendo rwe rwa muzika.

The Ben yavuze ko ikintu cy’ingenzi ari ugufasha uyu musore, ari ukumugira inama yaba izo mu buzima busanzwe amutegura nk’umusore ukiri muto ariko winjiye mu Isi y’ibyamamare, ndetse no mu muziki.

Kuri iyi nshuro The Ben yavuze ko Niron Buntu afite impano idasanzwe, by’umwihariko mu ijwi, ariko ko akeneye kwiyongerera icyizere no gukorana n’abahanga mu muziki bazamufasha kurushaho kuzamura urwego rw’ibihangano bye.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na IGIHE nyuma y’uko Niron Buntu, usanzwe ari mubyara we, ashyize hanze ya mbere, nyuma yo kugirana amasezerano y’imikoranire na The Ben. Ni indirimbo yise ‘Ni Nziza’.

Ati "Niron Buntu ni umusore ufite impano idashidikanywaho. Nta bintu byinshi akeneye uretse kumwongerera icyizere akiyumvamo ko ashoboye kuba umuhanzi ukomeye, no kumuhuza n’abatunganya indirimbo bafite ubunararibonye kugira ngo bamufashe kurushaho gutera imbere."

The Ben yavuze ko yizeye ko Niron Buntu azavamo umwe mu bahanzi bazaba bayoboye igisekuru kizaza cy’abaririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Ati “Ndababwiza ukuri, Niron Buntu ni impano u Rwanda rwungutse mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana. Afite impano idasanzwe, kandi mu minsi iri imbere abantu bazaba bamaze kumusobanukirwa neza."

The Ben yavuze kandi ko indirimbo ‘Ni Nziza’ ari intangiriro y’urugendo rushya rwa Niron Buntu, agaragaza ko abazayumva bazibonera ubwabo impano ye ndetse n’urwego ashobora kugeraho.

Yongeyeho ko uretse iyi ndirimbo, hari n’izindi bamaze igihe bakoraho ku buryo mu minsi iri imbere abakunzi b’umuziki bazabona ibihangano byinshi bishya by’uyu muhanzi.

Niron Buntu watangiye gufashwa na The Ben yasohoye indirimbo nshya yise 'Ni nziza'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages