00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imyaka itandatu iruzuye! Impinduka “Seburikoko” yinjije mu ruhando rwa sinema Nyarwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 19 March 2021 saa 11:40
Yasuwe :

Hari ku itariki 19 Werurwe 2015, ubwo filime Seburikoko yatambutswaga bwa mbere kuri Televiziyo y’u Rwanda. Ntiyatinze kuba ikimenyabose ndetse yigaruriye igikundiro mu mitima y’abatari bake bari babonye abanyempano bo mu rw’Imisozi 1000 babasusurutsa.

Usibye ubutumwa bwayo bwiganjemo ubuzima bwa buri munsi bwo mu muryango Nyarwanda, iyi filime yari yatekerejweho cyane yatangiye gutunganywa n’ikipe y’abahanga biganjemo ababyize n’ababihuguriwe.

Ibi byose byiyongeragaho kuba ikinwamo n’abafite amazina akomeye muri sinema Nyarwanda, byatumye abakurikiranaga Seburikoko biyongera.

Usibye kuba inyuzwa kuri Televiziyo y’u Rwanda, kuva mu myaka itandatu ishize ‘Seburikoko’ iri muri filime zikunzwe bikomeye. Kuva ku bafite ubushobozi bwo kugera kuri YouTube, ba bana bagurisha umuziki ku muhanda n’abafite televiziyo mu ngo zabo akenshi usanga baba bategereje igice cyayo gishya n’amatsiko menshi.

Igikundiro cya Filime ya Seburikoko kandi kinashingiye ku bakinnyi b’intoranywa bayikinamo biganjemo abakuze mu mwuga, bakina ibibarimo ku buryo busembura amarangamutima y’ubareba, bigatuma ubutumwa batanga bworoha cyane.

Iyi filime kugeza ubu irizihiza imyaka itandatu itangiye kwerekanwa kuri Televiziyo y’u Rwanda. Yatumbagije bidasanzwe amazina y’abakinnyi ba filime ndetse abasanzwe bazwi bakomeza gushimangira ubuhanga bwabo. Bamwe muri aba ni Niyitegeka Gratien wamenyekanye nka Seburikoko, Uwamahoro Antoinette uzwi nka Siperansiya, Mugisha Emmanuel wamenyekanye nka Kibonke, Kalisa Ernest uzwi nka Rulinda, Sarah Umuganwa uzwi nka Mutoni n’abandi.

Kugeza ubu iyi filime imaze gusohora uduce turenga 600 dukubiye muri saisons zirenga 20, zaciye kuri Televiziyo y’u Rwanda.

Umuyobozi wa AFRIFAME itunganya Filime Seburikoko, Misago Nelly Wilson, yabwiye IGIHE ko urwo rugendo rwagenze neza kandi rwavuyemo amasomo afatika.

Yakomeje ati “Kuri iyi tariki, turizihiza imyaka itandatu Seburikoko imaze itambuka kuri Televiziyo y’u Rwanda! Ntabwo twakwibagirwa uko uyu munsi twumvaga tumerewe, aho twari dufite amatsiko menshi yo kubona igihangano cyacu kinyura kuri RTV!”

Nk’umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kugira ngo iyi filime ibeho, Misago yavuze ko bishimira kuba iyi filime byibuza imaze guha akazi urubyiruko rurenga 150.

Ikindi uyu mugabo yishimira ni uko Seburikoko yagize uruhare rukomeye mu gukundisha umubare munini w’Abanyarwanda kureba filime zakorewe mu rwa Gasabo.

Filime Seburikoko yujuje imyaka itandatu imaze itambuka kuri Televiziyo y’u Rwanda yanditswe na Iriniga Deny afatanyije na Iradukunda Emmanuel.

Seburikoko yujuje imyaka itandatu itangiye gutambuka kuri Televiziyo y'u Rwanda
Seburikoko niyo filime igwa mu ntege Citymaid mu gukurikirwa cyane kuri Zacu TV
Mugisha Emmanuel [Clapton Kibonke] ari mu bubakiye izina muri Filime ya Seburikoko
Ngabo Léon uzwi nka Njuga umaze kubaka izina rikomeye muri Sinema Nyarwanda, ari mu bungukiye kuri Seburikoko
Uhereye iburyo: Papa Sava, Siperansiya na Kalisa Ernest ni bamwe mu bakinnyi bakomeye muri Filime ya Seburikoko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages