Abakobwa bageze muri Onomo Hotel ku wa 24 Nzeri 2018, bazahava ku munsi w’irushanwa riteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu.
IGIHE yasuye aba bakobwa bari mu bikorwa by’imyitozo ngororamubiri, aho bayivamo bagafata ifunguro rya mu gitondo bakahava bajya guhabwa amasomo ajyanye no kubungabunga ibidukikije n’uburyo bwo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.
Banahabwa kandi amasomo y’uburere mboneragihugu n’andi masomo abafasha kuzahagararira u Rwanda neza.
Abari mu mwiherero barimo abahatanye muri Miss Rwanda iheruka nka Umutoniwase Anastasie (yabaye Miss Popularity muri Miss Rwanda 2018), n’abakobwa babiri b’impanga bahatanye muri Miss Rwanda, Uwonkunda Belinda na Umutoni Belise.
Irushanwa rya Miss Earth rihuza ba Nyampinga baturutse ku migabane itandukanye yo ku Isi bagahatanira ikamba ry’ubwiza ariko binyujijwe mu ishusho yo kurengera ibidukikije no kurushaho kumenyekanisha gahunda bijyanye.
Ritegurwa buri mwaka mu ishusho yo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, aho abaryitabira uretse ubwiza, bagaragaza imishinga yabo izatanga ibisubizo ku bibazo by’imihindagurikire y’ikirere.
Iri rushanwa rifite umwihariko aho muri uyu mwaka uzahagararira u Rwanda azabanza kubihatanira bitandukanye n’uko mu myaka yashize ryitabirwaga n’umukobwa umwe watoranyijwe atagombye guhatana.
Miss Uwase Honorine witabiriye iri rushanwa umwaka ushize akaba ari mu Impinganzima iri gutegura iri rushanwa rya Miss Earth Rwanda 2018 yabwiye IGIHE ko imyiteguro igeze kure kandi bizeye ko irushanwa rizagenda neza.
Miss Honorine yakomeje avuga ko kugira ngo umuntu abashe guhagararira igihugu cye, abanza kunyura mu irushanwa.
Uzegukana iri kamba ryo guhagararira u Rwanda muri Miss Earth 2018, azatangazwa ku wa Gatandatu tariki 29 Nzeri 2018, muri Kigali Serena Hotel.
Mu 2007, nibwo u Rwanda rwatangiye kwitabira Irushanwa rya Miss Earth ribaye ku nshuro ya 18.
Ikamba ryari rifitwe n’Umunya Philippines, Karen Ibasco, waryegukanye ahigitse abarimo Uwase Honorine wari uhagarariye u Rwanda umwaka ushize.
Uyu mwaka rizabera mu Mujyi wa Manila muri Philippines kuva ku wa 6 Ukwakira kugeza tariki 3 Ugushyingo 2018.
Amafoto: Muhizi Serge



















TANGA IGITEKEREZO