Ni ibirori bitegerejwe mu 2025, gusa abayobozi ba ‘Recording Academy’ isanzwe itegura ‘Grammy Awards’ batangiye imyiteguro.
Muri iyi minsi bongeye gukorera uruzinduko mu Rwanda aho bari kugirana ibiganiro n’abayobozi mu nzego zitandukanye ari nako bakomeza gushyira ku murongo gahunda z’imyiteguro.
Nta makuru menshi aratangazwa ku masezerano y’imikoranire hagati ya ‘Recording academy’ na RDB, icyakora amakuru azwi neza ni uko bemeranyije ko ibi birori bigiye gutangizwa muri Afurika bizajya bibera mu Rwanda.
Abayobozi ba Recording Academy bamaze iminsi mu Rwanda, aho bagize umwanya wo gusura inyubako ya BK Arena ku wa 17 Kamena 2024.
Aba bayobozi banahuye na Minisitiri ushinzwe urubyiruko no guteza imbere ubuhanzi Dr. Utumatwishima Abdallah.
Ku wa 18 Kamena 2024 nibwo Minisitiri Utumatwishima yitabiriye inama ya mbere ya komite ya ‘African Recording Academy’ yabereye muri Kigali Convention Centre.
Ni inama yitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko na siporo muri Kenya Ababu-Namwamba, Minisitiri w’Urubyiruko n’umuco muri Nigeria, Hannatu Musawa n’abandi bantu batandukanye bari gushyira imbaraga mu gutuma igikorwa cya African Recording Academy kigenda neza.
Kuva mu 2023 ubuyobozi bwa Recording Academy isanzwe itegura Grammy Awards burangajwe imbere n’umuyobozi wayo Harvey Mason Jr, bwakoreye ingendo i Kigali bugirana ibiganiro n’abantu batandukanye.
Byari ibiganiro biganisha ku kureba uko hasinywa amasezerano y’uko u Rwanda rwaba igihugu cya mbere cyakiriye ‘Grammy Awards Africa’ bateganya gukorera i Kigali mu 2025.
Nyuma yo kwemeranya mu biganiro, mu minsi ishize nibwo RDB yatangaje ko bamaze kugirana amasezerano n’ubuyobozi bwa Recording Academy mu rwego rwo kwagurira ibikorwa byabo muri Afurika ari nako hagaragazwa impano z’abahanzi bo kuri uyu mugabane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!