00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indahiro ya Kenny Sol kuri Kunda baherutse gusezerana

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 7 January 2024 saa 10:58
Yasuwe :

Kenny Sol yarahiriye gukunda no gusazana na Kunda Yvette Alliance baherutse gusezerana kubana akaramata imbere y’amategeko.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga akoresha, Kenny Sol, yahaye umugore we indahiro y’uko adateze kuzatezuka ku isezerano bagiranye imbere y’amategeko tariki ya 5 Mutarama 2023.

Yagize ati "Nabisinyiye, nabirangije kandi byateweho kashe ibyemeza, uwanjye ubuzima bwose. Twatangiye tutabyiteze none twahanye isezerano ry’iteka ryose, inkuru y’urukundo rwacu yirengagije ibyari byitezwe.”

Kenny Sol yakomeje avuga ko we na Kunda babaye umuryango ufite ahazaza heza kandi uzahorana igihe cyose. Yasoje amwifuriza intangiriro nziza z’urugendo batangiranye.

IGIHE ifite amakuru y’uko Rusanganwa Norbert wamamaye nka Kenny Sol na Kunda Yvette bakundanye uyu musore ataratangira umuziki, barakomezanya kugeza uyu mukobwa asoje amasomo mu Bushinwa.

Kenny Sol asomana n'umugore we Kunda Yvette Alliance nyuma yo gusezerana
Kenny Sol na Kunda Yvette bamaze igihe bakundana
Kenny Sol na Kunda Yvette bicaye mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge bategereje gusezerana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages