00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indirimbo “Fou De Toi” yaje muri 50 za mbere zikunzwe kuri Audiomack

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 13 December 2023 saa 02:49
Yasuwe :

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ukuboza 2023, Audiomack iri mu mbuga zicururizwaho imiziki za mbere mu isi, rwatangaje ko indirimbo “Fou de Toi” ya Producer Element ndirimbo 50 zanyuze uru rubuga.

“Fou de Toi” Producer Element yakoranye na Bruce Melodie na Ross Kana, yaje ku mwanya wa 13 mu ndirimbo 50 zanyuze urubuga rwa Audiomack muri uyu mwaka wa 2023.

Iyi ndirimbo yaje imbere y’izindi ndirimbo zigezweho zirimo “People” ya Libianca, “Unavailable” ya Davido na Musa Keys, “Dalie” ya Kamo Mphela ukubutse i Kigali, “Princess Diana” ya Ice Spice na Nicki Minaj n’izindi.

“Fou de Toi” kandi yaje ikurikira indirimbo ziri mu zikunzwe cyane zirimo “Lonely at the Top” ya Asake, “Ngozi” ya Crayon na Ayra Star, “Monaco” ya Bad Bunny, “Gwagwalada” ya BNXN, Seyi Vibes na Kizz Daniel, “To be a Man” ya Dax n’izindi.

“Fou de toi” ni indirimbo ya kabiri ya Mugisha Robinson Fred umaze kwamamara nka Producer Element, ikaba imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane muri uyu mwaka.

Imaze kurebwa na Miliyoni zirenga 10 mu gihe cy’amezi atandatu imaze igihe hanze ku rubuga rwa YouTube.

Reba indirimbo Fou de Toi Element yakoranye na Ross Kana & Bruce Melodie


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages