00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inkindi Aisha yarikoroje nyuma yo gutuka abagabo

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 19 July 2024 saa 08:00
Yasuwe :

Inkindi Aisha usanzwe ari umwe mu bakobwa bakina filime mu Rwanda akomeje kugarukwaho kuri X nyuma y’amagambo yatangaje agaragaza ko, umuntu watoranyije abasore bari mu ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba mu Rwanda rizwi nka Counter-Terrorist Unit (CTU) yasigaje abandi b’imburamumaro yagereranyije n’ibimonyo n’amagweja.

Ibi Aisha yabigarutseho mu kiganiro yagiranaga na Irene Murindahabi, aho yagezemo hagati akumvikana mu mgamabo agira ati “Ngo abagabo ba ndi imbere, ngo abagabo mu muhanda[...] nk’umuntu watoranyije bariya bana ba CTU kuki yatwaye abagabo bacu bose? Agasiga amagweja, ibimonyo n’ibiki…’’

Nyuma y’aya magambo y’uyu mukobwa benshi batangiye kumwibasira bavuga ko atakwiriye kuvuga atyo, abandi bakavuga ko abamwibasiye ari uko ibyo yavugaga ari ukuri.

Nk’umwe mu batanze ibitekerezo ku mashusho uwitwa Umperuka Cyera yasangije abamukurikira kuri X, yagize ati “Iyo uteye ibuye mu gihuru ibwejuye niyo uba uhamije.’’

Manzi. K. Shyerezo we yagize ati “Iyo urukweto rugukwiye urarwambara, niba warumvise ko uri ikimonyo ubwo uricyo nyine. Naho ubundi umuntu aba afite uburenganzira busesuye bwo gutanga ibitekerezo bye.’’

Undi we yaje yumiwe ati “Aba CTU bose yababengukiye icyarimwese bahu?’’

Hari undi wafashe ifoto ya Aisha n’undi mukobwa, aravuga ati “Wenda uyu ubanza avuze ngo abahungu ni amagweja nabyumva ariko se nka Aisha abivuga yishingikirije iki koko?”

Aisha yibasiwe nyuma yo kwita abagabo bamwe amagweja n'ibimonyo
Uyu mukobwa amagambo ye ntabwo ari kuvugwaho rumwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages