Iki gitaramo DJ Spinny yagiteguye mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi amaze mu muziki, icya mbere akaba yaragikoreye muri Uganda mu minsi ishize.
Nk’umuhanga mu kuvanga imiziki ugezweho muri Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, ntabwo yigeze yirengagiza aho akomoka.
Ni igitaramo DJ Spinny yatumiyemo abantu batandukanye barimo Blue Aiva wo muri Afurika y’Epfo, Sheilah Gashumba ukunze kwiyita Lil Stunner wo muri Uganda n’abandi banyuranye.
Uretse abatumiwe gususurutsa abakunzi b’umuziki, abandi bitabiriye iki gitaramo biganjemo ibyamamare nka Uwicyeza Pamella umugore wa The Ben, Massamba Intore, Alex Muhangi, Kenny Sol, Element EleeeH n’abandi banyuranye.
Ubwitabire bwari hejuru muri iki gitaramo nubwo cyarangiye nabi nyuma y’uko haguye imvura nyinshi yatumye abari bicaye ahadatwikiriye bayihungira ahatwikiriye ibintu birivanga.
Kuba hagwaga imvura nyinshi ikanamara umwanya munini byatumye abantu batizihirwa uko byari biteguye.
Ku rundi ruhande, DJ Spinny abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yashimiye abitabiriye iki gitaramo abiseguraho ku bw’ikirere kitababaniye.
Ati “Mwakoze cyane, ndashimira buri wese wabashije kuhagaragara nubwo imvura yari ifite undi mugambi. Turasaba imbabazi ku bw’ikirere kitatubaniye tunashimira ababashije kuhaguma nubwo bitari byoroshye.”
Amafoto: Cyubahiro Key



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!