00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inyubako y’umupfumu Rutangarwamaboko yafashwe n’inkongi

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 9 February 2024 saa 01:42
Yasuwe :

Inyubako y’Ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima bushingiye ku muco, kiyoborwa n’umupfumu Nzayisenga Modeste uzwi nka Rutangarwamaboko, yafashwe n’inkongi y’umuriro.

Rutangarwamaboko yabwiye IGIHE ko iyi nyubako iherereye mu Murenge wa Gisozi, Akagali ka Musezero mu mudugudu wa Nyakaliba, yafashwe n’inkongi biturutse ku muriro wifashishwaga n’abasudira umureko.

Umupfumu Rutangarwamaboko yagize ati “Ishobora kuba yatewe n’abasudiraga ibishashi bikaba byagiye ku byatsi cyangwa amashanyarazi.”

Igice cyafashwe n’inkongi ni icyo hejuru kuko ari igorofa yitaga ‘ingoro’, cyamurikirwagamo ibikoresho gakondo by’abanyarwanda bo hambere.

Yavuze ko atamenya neza agaciro k’ibyangiritse kuko hafi ya byose byari biri muri iyo nyubako byahiye.

Inzego zishinzwe kuzimya inkongi zahise zihagoboka, zikumira inkongi itarakwirakwira henshi.

Inkongi yadutse ubwo bari bari gusudira umureko
Iyi nyubako Rutangarwamaboko yayifataga nk'ingoro ibikwamo byinshi mu bikoresho byifashishwaga n'Abanyarwanda bo hambere
Inyubako yo hejuru yangiritse bikomeye
Bimwe mu bikoresho byabashije kuvanwa mu nzu bitarashya
Ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryatabaye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages