00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iradukunda Elsa ni we Nyampinga w’u Rwanda 2017 (Amafoto)

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 25 February 2017 saa 06:26
Yasuwe :

Ikamba rya Nyampinga w’ u Rwanda ryambitswe Iradukunda Elsa w’imyaka 18 y’amavuko ureshya na 1,76cm, akaba ari mu bari bahagarariye Intara y’Uburengerazuba, Igisonga cya Kabiri cyabaye Mutoniwase Linda na ho igisonga cya mbere ni Shimwa Guelda.

Miss Shimwa Guelda wabaye igisonga cya mbere we areshya na metero imwe (1) na sentimetero 76 (1,76M) akaba apima ibiro 57. Uyu mukobwa yanahawe ikamba rya Miss Heritage.

Irdaukunda Elsa yatowe mu birori biri kubera mu ihema rya Kigali Conference and Exhibition Village[hahoze hitwa Camp Kigali] kuri uyu wa 25 Gashyantare 2017.

Abakobwa 15 bageze mu cyiciro cya nyuma cy’irushanwa batoranyijwe ntara zose, ni indobanure mu gihugu cyose, harimo ab’inzobe, ab’imibiri yombi, ab’ikimero cyiza bazi n’intambuko nk’inyambo, abafite ubwiza bushimangirwa n’ubumenyi bukwiye kuranga ukwiye kuba Nyampinga w’u Rwanda.

Aya majonjora yabereye mu ntara zose z’u Rwanda, yamaze ukwezi kose kuva kuwa 14 Mutarama, yasojwe kuwa 4 Gashyantare 2017. Muri aba bakobwa hatowemo Iradukunda Elsa wasimbuye Mutesi Jolly wari umaze umwaka afite ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda.

Mu gihe cy’ibyumweru bibiri abakobwa bamaze mu mwiherero, bigishijwe byinshi birimo kumenya kuvugira mu ruhame, intambuko iranga Nyampinga, indangagaciro z’umuco n’andi masomo atandukanye.

Buri wese wakurikiranye iri rushanwa yari afite umukobwa ashyigikiye kandi yifuza ko yagirwa Nyampinga w’u Rwanda agasimbura Mutesi Jolly wo muri 2016.

Irushanwa ry’ubwiza mu Rwanda ryatangiye mu 1993 icyo gihe Nyampinga yabaye Miss Uwera Dalila, ryambitswe Bahati Grace mu 2009, mu 2012 rihabwa Kayibanda Mutesi Aurore, mu 2014 ryambikwa Akiwacu Colombe, Kundwa Doriane arihabwa muri 2015 hanyuma mu mwaka wa 2016 asimburwa na Mutesi Jolly.

Mu byashingiweho batoranya Nyampinga, ngo harebwe uburanga(amanota 30%), ubuhanga bwe(amanota 40%) ndetse n’uko yiyerekanye (amanota 30%) byose bikagira igiteranyo cy’amanota ijana. Nyampinga kandi aba ahiga abandi mu bumenyi no kumenya gusubiza ibibazo abazwa, iyi ngingo Ngo niyo ihabwa agaciro cyane kurusha izindi.

Abari bagize akanama nkemurampaka muri Miss 2017 ni Nsanzabaganwa Straton, Uwamahoro Angelique, Mike Karangwa na Miss Rusaro Carine.

Ku itariki ya 26 Gashyantare 2017, ku isaha ya saa sita n’iminota 40 nibwo akanama nkemurampaka kemeje ko umukobwa witwa Iradukunda Elsa ari we ubaye Nyampinga w’u Rwanda umwaka wa 2017.

Yahise ahabwa imodoka nziza yo mu bwoko bwa Suzuki SX4, umushahara w’amafaranga ibihumbi magana inani (800,000frw) bivuze ko ku mwaka azajya aba yahawe miliyoni 9 n’ibihumbi magana atandatu (9,600,000Rwf) hakiyongeraho n’ibindi bihembo bitandukanye yagenewe na Rwandair, Sebamed n’abandi.

Abatoranyijwe 15 bahatanira kuba Nyampinga w’u Rwanda ni:

1.Ashimwe Fiona Doreen(20)
2.Iradukunda Elsa (8)
3.Iribagiza Patience (13)
4.Kalimpiya Queen (26)
5.Mukabagabo Carine (1)
6.Mutoni Laurette(25)
7.Mutoniwase Linda (5)
8.Shimwa Guelda(23)
9.Umuhoza Simbi Fanique(21)
10.Umutesi Aisha (17)
11.Umutesi Nadia (6)
12.Umutoni Pamela (3)
13.Umutoni Tracy Ford (12)
14.Umutoni Uwase Belinda (7)
15.Uwase Hirwa Honorine (11)

UKO IKI GIKORWA CYAGENZE:

 Abantu batangiye kwinjira muri Kigali Conference and Exhibition Village ahagiye kubera irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda. Abenshi baje bitwaje ibyapa biriho amafoto buri wese n’umukobwa ashyigikiye.

Abantu bahageze kare....Bategereje kureba Nyampinga w'u Rwanda
Itsinda ryaje gushyigikira Umuhoza Isimbi Fanique
Nyampinga arahembwa imodoka yo mu bwoko bwa Suzuki SX4
Mu kanya gato abakobwa baraza kwiyerekana hano
Ab'inkwakuzi bamaze kuhagera bategereje kureba ugiye kuba Nyampinga w'u Rwanda
Aba baje mu modoka ebyiri nini bafite ibyapa bishyigikira uwitwa Laurette
Ingabire Habiba na we yaje kureba Nyampinga. Uyu yavuzwe bikomeye nyuma yo gutsindwa mu majonjora ya Miss Rwanda akibasira umukemurampaka amwandagaza n'ibitutsi

 Muri uyu mwanya abantu babarirwa muri magana ane bamaze kuhagera ariko ibirori nyir’izina ntibiratangira, abantu baricaye Dj ari kuvanga imiziki yiganjemo iyo muri Uganda mu gihe byari byatangajwe ko 5:00 pm bigomba guhita bitangira.

 Gufana gukomeye cyane mu baje kureba ibirori, unyujije amaso mu baje higanjemo abazanye ibyapa byamamaza abakobwa ndetse bicaye mu matsinda agabanyije mu byiciro buri wese arebye uwo afana. Ubu ni saa moya n’iminota 35, ibirori nyamukuru ntibiratangira.

Abo mu muryango wa Kalimpinya Queen baricaranye

 Saa mbili z’ijoro zigeze ibirori bitaratangira, abafana baracyahanze amaso bibaza umukobwa ugiye kuba Nyampinga. Ubu Dj ari kuvanga imiziki ari nako abagifite akabaraga bakaraga umubyimba.

Nyina wa Hirwa Honorine[Igisabo] yaje gushyigikira umukobwa we
Nyina wa Umutoni Uwase Belinda yaje kureba ibirori
Ingabire Habiba(wambaye umweru) watukanye ubwo yasezerwaga mu majonjora ya Miss Rwanda yaje kureba umukobwa umuhiga
Ababyeyi ba Umutesi Aisha
Nyina wa Umutoni Tracy Ford (uyu wicaye ibumoso) yaje kureba uko umwana we yitwara
Itorero Inganzo Ngari riri mu myiteguro ya nyuma

 Saa 8:35 Pm: Abagize akanama nkemurampaka barahageze, ibirori bigiye gutangira. Uyoboye ibirori abanje kwisegura ’ku bwo gukererwa gutangira’.

 Abakobwa bose hamwe uko ari 15 batangiye biyerekana mu makanzu yo gusohokana yadodewe mu Rwanda.

Abagize akanama nkemurampaka
Ibi birori biri gutambuka kuri Televiziyo y'u Rwanda
Abakobwa babanje kwiyerekana bambaye amakanzu yadodewe mu Rwanda


 Akanama nkemurampaka gatangiye kubaza ibibazo abakobwa, buri wese arabazwa ibibazo bibiri[mu Cyongereza cg Igifaransa ndetse n’Ikinyarwanda]. Aba bakobwa barabazwa ibibazo byibanda ku muco, indangagaciro, ubukungu n’ibindi.

 Mukabagabo Carine


 Umutoni Pamela

 Mutoniwase Linda


 Umutesi Nadia


 Umutoni Uwase Belinda

 Iradukunda Elsa

 Uwase Hirwa Honorine


 Umutoni Tracy Ford


 Iribagiza Patience


 Umutesi Aisha


 Ashimwe Fiona Doreen


 Umuhoza Isimbi Fanique


 Mutoni Laurette


 Shimwa Guelda


 Kalimpiya Queen

 10:47: Akanama nkemurampaka kagiye guteranya amanota gatangaze abakobwa bane ba mbere bagomba gutorwamo Nyampinga w’u Rwanda.

Abakobwa batanu babashije kugera mu cyiciro cya nyuma


 Abakobwa batanu bageze mu cyiciro cya nyuma:

1.Umutoniwase Linda
2.Iradukunda Elsa
3.Shimwa Guelda
4.Kalimpiya Queen
5.Umuhoza Simbi Fanique

Shimwa Guelda
Umutoniwase Linda
Umuhoza Simbi Fanique
Iradukunda Elsa
Kalimpinya Queen

Twageze ku itariki ya 26 Gashyantare 2017

 00:06: Ubu hagezweho Itorero Inganzo Ngari mu murishyo w’ingoma, umuhamirizo w’intore n’amakondera arimo gutsikimba mu gihe akanama nkemurampaka kagiye mu mwiherero gufata umwanzuro ku mukobwa ugiye kugirwa Nyampinga w’u Rwanda 2017.

 00:17: Mbere yo gutangaza Nyampinga, Mike Karangwa yagize ati "Ibi tugiye kubatangariza byanyuze mu mucyo, twakoresheje ukuri gusesuye, twakurikije ibisabwa [...] Ndemeranya n’umutima wanjye ko ibyo tugiye kubagezaho byanyuze mu mucyo."

ABAKOBWA BATSINZE NI:

 Miss Photegenic: Umutesi Nadia
  Miss Congeniality : Iradukunda Elsa
 Miss Heritage : Shimwa Guelda
 Miss Popularity : Uwase Hirwa Honorine
 Igisonga cya Kane: Umuhoza Simbi Fanique
 Igisonga cya Gatatu :Kalimpiya Queen
 Igisonga cya Kabiri: Mutoniwase Linda
 Igisonga cya Mbere: Shimwa Guelda
 Nyampinga w’u Rwanda: Iradukunda Elsa

Amafoto: Mahoro Luqman


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages