Iserukiramuco Uganda Festival rizabera i Washington DC ahitwa Gaylord Harbor resort guhera ku itariki ya 31 Kanama rizasozwe ku wa 3 Nzeri 2018; ryateguwe n’ihuriro ry’Abanya-Uganda batuye muri Amerika ya ruguru bihurije muri UNAA[Ugandans in North America Association].
Mu batumiwe uyu mwaka, harimo umuhanzi Paul Okoye[Rudeboy] umwe mu bahoze mu itsinda ryubatse amateka rya P Square ndetse na we aherutse kwandika kuri Instagram yemeza ko azacuranga muri ibi birori.
By’umwihariko, iri serukiramuco ryiswe ‘Fashion Weekend’ ryatumiwemo ba Nyampinga barimo uw’u Rwanda, uwa Uganda, uwa Tanzania ndetse n’uwa Kenya.
Umuyobozi wa UNAA Causes, David Muwanga yabwiye Daily Monitor ko batumiye aba ba Nyampinga barimo n’u Rwanda kugira ngo bazakoreshe uyu mwanya mu gusangiza abanyamahanga ibyiza biri muri Afurika y’Uburasirazuba by’umwihariko umuco no guteza imbere ubukerarugendo.
Yagize ati “Byaratunejeje kuba tuzabana na Miss Rwanda. Uganda yishimira cyane kubana neza n’umuturanyi wacu u Rwanda, aba ba nyampinga bose bazitabira iki gikorwa kugira ngo Afurika y’Uburasirazuba yereke Isi ibyiza ifite. Nyampinga wa Uganda na we ni umufatanyabikorwa wacu, azaba ari kumwe na bagenzi be i Washington DC.”
Mu kiganiro na IGIHE, Nyampinga Iradukunda Liliane yavuze ko azakora ibishoboka akerekana umuco w’igihugu cye no guha abazitabira iri serukiramuco ishusho y’ubukerarugendo bw’u Rwanda.
Yagize ati “Nzaba mpagarariye igihugu, nzagenda ndebe aho Afurika igeze, nanjye nka Nyampinga w’igihugu nzagenda mu izina ry’aho nturuka, nzakora uko nshoboye abo nzasangayo mbabwire ibyo dufite iwacu mu Rwanda.”
Uretse aba bakobwa bazagenda baserukiye ibihugu byabo, iri serukiramuco ryatumiwemo abahanzi b’imideli, abahanga mu kuyimurika ndetse n’abateza imbere ibyerekeye ubukerarugendo muri Afurika y’Uburasirazuba.
Miss Liliane Iradukunda nava muri Amerika azahita atangira kwitegura irushanwa rya Nyampinga w’Isi rizabera muri muri Philippines, rizamuhuza n’abandi bakobwa barenga ijana bazaturuka mu bihugu bitandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO