Ni ku nshuro ya 68 irushanwa ry’ubwiza rya Miss World rigiye kuba, umwaka ushize ryatwawe na Manushi Chhillar wo mu Buhinde. Muri uyu mwaka wa 2018 riteganyijwe kuzakira abakobwa babarirwa mu 120 mu gihe ubushize bari 130 harimo n’Umunyarwandakazi Iradukunda Elsa[Miss Rwanda 2017].
Iradukunda Liliane uzaserukira u Rwanda uyu mwaka yabwiye TNT ko yiteguye gutera ikirenge mu cya bakuru be bamubanjirijeyo haba Elsa Iradukunda (Miss Rwanda 2017), ndetse na Jolly Mutesi wagiyeyo ari umukobwa wa mbere w’Umunyarwandakazi mu mwaka wa 2016.
Yavuze ko afite icyizere cyo kuzaryitabira akitwara neza. yagize ati “Nditeguye kandi nizeye neza ko nabishobora. Nshobora kuzaba Nyampinga w’Isi, ni nk’uko ntari nzi neza ko umunsi umwe nshobora kuba Nyampinga w’u Rwanda.”
Miss Iradukunda Liliane yashimangiye ko icyizere yifitemo gishingiye ku masomo yahawe mu mwiherero wa Miss Rwanda aho abakobwa bigishijwe ‘kwigirira icyizere nk’inkingi yo gutsinda’.
Yagize ati “Ni ukwigirira icyizere. batwigishije kwigirira icyizere mu mwiherero wa Miss Rwanda. Ugomba gushyira icyizere imbere nubwo waba ufite ibiguteye ubwoba.”
Iradukunda Liliane ari mu bakobwa 21 kugeza ubu bamaze kwemerera Miss World Organisation (MWO) ko bazitabira iri rushanwa rizabera muri Philippines mu mpera z’umwaka wa 2018.



















TANGA IGITEKEREZO