00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Irebe Natacha ari imbere mu majwi mu matora ya Miss Rwanda 2018

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 7 February 2018 saa 08:57
Yasuwe :

Umukobwa witwa Irebe Natasha Ursule yamaze kwanikira bagenzi be 19 bahataniye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu matora akorwa biciye kuri telefone.

Irebe Natacha Ursule yinjiye muri Miss Rwanda 2018 atsinze amajonjora ku itike yakuye mu Ntara y’Amajyaruguru ari nayo hagarariye mu irushanwa. Ubu ni we uri ku mwanya wa mbere mu majwi y’ibanze mu bakobwa 20 bazatoranywamo Nyampinga w’u Rwanda uyu mwaka.

Uyu mukobwa afite amajwi 1,530 mu itora ry’ibanze, akurikiwe na Mushambokazi Jordan na we ufite izina rivugwa cyane muri Miss Rwanda y’uyu mwaka[afite amajwi 1,292] .

Uwase Ndahiro Liliane wari uherutse kuba uwa mbere mu matora ubwo bari bakiri kumwe bose hamwe 35, ubu ari ku mwanya wa gatatu n’amajwi 758. Uwitwa Uwineza Solange ari inyuma n’amajwi 33.

Irebe Natacha uyoboye abandi mu itora ryo kuri telefone asanzwe afite ikamba rya Miss High School yahawe mu mwaka wa 2015. Yahawe iri kamba rya Nyampinga mu mashuri yisumbuye acyiga muri FAWE Girls School.

Irebe afite ibiro 66 akareshya na metero 1.72. Uyu mukobwa yize Amateka, Ubukungu n’Ubumenyi bw’isi yavuze ko yaje muri Miss Rwanda kugira ngo azegukane ikamba azarikoreshe nk’inzira yo kugera ku nzozi ze.

Irebe Natacha ni we uri ku mwanya wa mbere mu matora yo kuri telefone
Uwase Ndahiro Liliane ubu ari ku mwanya wa kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages