00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

IShowSpeed yasohoye indirimbo izifashishwa mu gikombe cy’Isi cya 2026

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 2 June 2026 saa 09:50
Yasuwe :

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr. wamamaye nka IShowSpeed, uherutse kugirira urugendo mu Rwanda, yashyize hanze igihangano gishya yise “World Cup (Champions)”, imwe mu ndirimbo zemewe zizakoreshwa mu gususurutsa abazitabira imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Iyi mikino y’umupira w’amaguru izaba ari 104, ivanze n’imyidagaduro, izazenguruka mu mijyi 17 yo muri Mexique, Canada na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Izatangira ku wa 11 Kamena irangire ku wa 19 Nyakanga 2026.

Indirimbo ya IShowSpeed izifashishwa ni iyasohotse ku wa 1 Kamena 2026. Ayumvikanamo ashimira amakipe y’ingenzi, cyane cyane iy’igihugu cye, muri 48 azacyitabira.

Anasaba abafana kuzagaragaza ubwitange budasanzwe mu kugaragariza urukundo amakipe yabo muri iri rushanwa.

Ati “Tuzakomeza kugerageza kugeza dutsinze. Nshaka gutsinda irushanwa iki gikombe nkakizana mu rugo.”

Iyi ndirimbo yemewe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ije nyuma y’iyo IShowSpeed yari yakoreye Igikombe cy’Isi cya 2022 ariko yo itari mu zemewe na FIFA.

Uyu muhanzi usanzwe ari icyamamare mu gukoresha imbuga nkoranyambaga akubutse mu ngendo mu Birwa bya Caraïbes akaba anategerejwe mu mijyi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika izakinirwamo iyi mikino.

Iyo mijyi irimo iya Antlanta, Boston, Dallas, Houston, Los Angeles, Philadelphia, Seattle, New Jersy, n’iyindi.

Byemejwe na FIFA ko zizaba ari indirimbo 17 zose hamwe ziyobowe na ‘Dai Dai’ ari na yo y’ingenzi yakozwe na Shakira afatanyije na Burna Boy.

Mu bitaramo bizaherekeza iyi mikino muri iyo mijyi 17, buri mujyi uzaba uhagarariwe n’umuhanzi byibura umwe uwukomokamo.

IShowSpeed aherutse mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages