00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel Mbonyi yaganiriye na Amb Busingye ku iterambere ry’umuziki

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 23 June 2026 saa 11:33
Yasuwe :

Israel Mbonyi uri mu myiteguro y’igitaramo agiye gukorera mu Mujyi wa Leeds, yageze mu Bwongereza kuri uyu wa 23 Kamena 2026 yakirwa na Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, Johnston Busingye.

Israel Mbonyi yageze mu Bwongereza nyuma y’ibitaramo amaze iminsi akorera mu Burayi, mu bihugu birimo u Bubiligi n’u Budage.

Amakuru y’uko yakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza Johnston Busingye yemejwe n’ibiro bya Ambasade, byagaragaje ko habaye ibiganiro byibanze ku ruhare rw’abahanzi nyarwanda mu kumenyekanisha igihugu no gukomeza kubaka isura nziza y’u Rwanda binyuze mu muziki.

Uyu muhanzi azakorera ibitaramo muri North Church mu Mujyi wa Leeds ku wa 27 Kamena 2026.

Ni igitaramo kizahuza Abanyarwanda batuye mu Bwongereza n’inshuti zabo n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana bo mu bindi bihugu bituranye n’u Bwongereza.

Nyuma y’ibi bitaramo azasoreza muri Suède ku wa 4 Nyakanga 2026.

Israel Mbonyi azahita ataha atangire imyiteguro y’ibindi bitaramo bizenguruka Afurika y’Iburasirazuba mu bihugu nka Uganda, Tanzania na Kenya.

Israel Mbonyi wanamaze guteguza album cyangwa EP nshya, yanateguje igitaramo ‘Icyambu5’ aho agiye gutaramira muri BK Arena ku nshuro ya gatanu yikurikiranya.

Uyu muhanzi afite agahigo ko kuba ari we wenyine umaze gukorera ibitaramo bine muri BK Arena yikurikiranya kandi akuzuza iyi nzu y’imyidagaduro.

Israel Mbonyi yasuye Ambasade y'u Rwanda mu Bwongereza
Israel Mbonyi yakiriwe na Ambasaderi w'u Rwanda mu Bwongereza Johnston Busingye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages