00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Itsinda ‘Tag Team’ ritegerejwe muri ‘Kigali Auto Show’ ryageze i Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 August 2024 saa 11:40
Yasuwe :

Itsinda ‘Tag Team’ ryatumiwe mu gitaramo “Kigali Auto Show” gitegerejwe kubera i Nyamata ku wa 3 Kanama 2024, ryageze i Kigali mu gitondo cyo ku wa 2 Kanama 2024.

Tag Team ni itsinda rimaze kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki kubera ukuntu bavanga imiziki banavuza ingoma zaka umuriro bikaryohera abatari bake.

Iri tsinda ryo muri Afurika y’Epfo rizafatanya n’aba-DJs bo mu Rwanda barimo DJ Marnaud mu gihe ibi birori bizaba biyobowe na Miss Muyango.

‘Kigali Auto Show’ ni ibirori bigiye kuba ku nshuro ya kabiri. Biba bigamije kumurika imodoka na moto bifite umwihariko, uretse izimurikwa hanabera ibirori byo kugaragaza ubuhanga mu gutwara.

Ibirori bya ‘Kigali Auto Show’ byitezwe ko bizabera ahitwa Tuza Inn i Nyamata ku wa 3 Kanama 2024 bikazaba biyobowe na Miss Muyango. Ni ibirori bigiye kuba ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko bitangijwe mu 2023 bikitabirwa n’imodoka na moto zifite umwihariko, byose hamwe birenga 100.

Kuri iyi nshuro ibi birori byitezwemo udushya twinshi turimo n’imyiyereko y’imodoka 100 zizahagurukira rimwe mu Mujyi wa Kigali zerekeza i Nyamata.

Aba basore bitabiriye ibirori bya Kigali Auto Show itegerejwe kubera i Nyamata
Bageze i Kigali bafite ibikapu byuzuyemo ibikoresho byabo
Bakigera i Kigali bagaragazaga umunaniro mu maso
Mbere yo kwerekeza kuri hoteli babanje gufata akayaga k'i Kigali
Tag Team bageze i Kigali bajya gucumbika muri Delight Hotel yanaboherereje imodoka ku kibuga cy'indege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages