00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jason Derulo yishumbushije uwahoze ari umugore wa 50 Cent

Yanditswe na

Kalinda Brendah

Kuya 7 January 2016 saa 06:38
Yasuwe :

Jason Derulo w’imyaka 26 y’amavuko yahishuye ko atakiri wenyine ahubwo yabonye undi mukunzi umumara agahinda n’irungu yasigiwe na Jordin Sparks bahoze bakundana.

Nk’uko Jason Derulo ubwe yabyitangarije, yavuze ko yongeye gukundana kubera umutima mwiza yasanganye Daphne Joy wahoze ari umugore w’umuraperi 50 Cent banafitanye umwana w’umuhungu.

Aganira na E!News, Jason yagize ati, “Sinifuza kuvuga byinshi ku rukundo rwanjye rushya gusa ndi mu bihe byiza kandi ndyohewe n’ubuzima.”

Jason Derulo yeruye iby’urukundo rwe na Daphne Joy nyuma y’igihe kirekire byari bimaze bivugwa ko bakundana ariko bakabigira ubwiru. Kuva bamenyana mu Kuboza 2015, bakunze kugaragara bari kumwe mu ruhame ndetse bishimanye.

Jason Derulo akundanye na Daphne Joy nyuma y’imyaka ibiri amaze atandukanye na Jordin Sparks bari bamaranye igihe kigera ku myaka itatu ndetse banateganya kubana.

Nubwo aba bombi bamaranye igihe gito cyane bakundana, ntibahwema kugaragaza urukundo rwinshi, bashyigikirana kandi bajya inama kuri byinshi nk’uko Daphne Joy yabitangaje.

Bari basohokanye mu birori bya People's Choice Awards
Jason Drulo na Daphe bari mu bihe byiza
Daphne yahoze ari umugore wa 50 Cent bafitanye n'umwana w'umuhungu
Daphne Joy, umukunzi mushya a Jason Derulo

Mu mwaka wa 2012, Jason Derulo yaje mu Rwanda ubwo yari yatumiwe mu gitaramo gisoza PGGSS2, yegukanwe na King James ndetse anasura abarwayi bo mu bitaro bya CHUK.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages