Ibi uyu muraperi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE ubwo yari abajijwe niba gutangira umuziki iwabo ari ibintu bumvaga.
Uyu muraperi ahamya ko mu gihe batangiraga umuziki iwabo batabyumvaga yewe bafataga amafaranga babishyuriyemo ishuri n’umwaya wabo babatayeho nk’ibyapfuye ubusa.
Jay C ahamya ko imyumvire y’ababyeyi babo yahinduwe n’uko Bull Dogg yari abakuye mu isoni agatsinda ikizami cya Leta abona ‘bourse’ yo kwiga muri Kaminuza.
Uyu muraperi wakuriye mu gace kamwe na Fireman kimwe na Bull Dogg, yavuze ko bakuze ababyeyo babo batumva ko umuntu yakora umuziki by’umwihariko ngo akore Hip Hop.
Ati “Njye nko mu gace nabanaga na Fireman ababyeyi banjye baziranye naba Bull Dogg, ari abantu b’inshuti. Babonaga turi ibirara tutazatsinda amasomo nta diplome tukibonye, mbega bahombye amafaranga yabo n’umwanya wabo.”
Jay C yagaragaje ko Bull Dogg ariwe wabakuye mu isoni mu gihe ababyeyi babo bari babatakarije icyizere.
Ati “Bull Dogg yaragiye adukura mu isoni atsinda ikizami cya Leta, we abona na ‘bourse’. Ni mu gihe hari abandi babaga bitonda mu gace ariko bitari byahiriye nkawe, icyo gihe byabaye ishema kuri twe bityo n’imiryango itangira kubona ko nta kibazo cyacu.”
Kugeza ubu uko bakuranye aba baraperi ni bamwe mu beza babayeho mu muziki by’umwihariko muri Hip Hop y’u Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!