Bigaragara ko ku wa 4 Nzeri 2026, azataramira muri Tottenham Hotspur Stadium iherereye mu Mujyi wa Londres mu Bwongereza.
Uyu muhanzi ari gukora ibi bitaramo yizihiza isabukuru y’imyaka 30 ya album yise ‘Reasonable Debut’, yasohotse mu 1996, n’iy’imyaka 25 ya album yise ‘Blueprint’ igasohoka mu 2001.
Iki gitaramo kizaba gikurikiye ibindi bine yaherukaga gukorera muri iki gihugu byabaye guhera ku wa 10 kugeza ku wa 14 Ukwakira mu 2013.
Ahandi Jay-Z azataramira ni i Paris mu Bufaransa, ku wa 10 Nzeri n’i Los Angeles muri Amerika ku wa 23 Ukwakira 2026 muri ‘SoFi Stadium’.
Mbere yo kujya mu mahanga, Jay-Z azabanza gutaramira mu mujyi we kavukire muri Amerika. Azakorera ibitaramo bitatu mu Mujyi wa New York mu kibuga ’Yankee Stadium’ bizaba guhera ku wa 10 kugeza ku wa 12 Nyakanga 2026 nk’uko byari bisanzwe biteganyijwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!