00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jay-Z, Beyoncé na Usher baririmbye mu gitaramo cyarimo na Perezida Kagame (Amafoto)

Yanditswe na Muvunyi Arsène
Kuya 3 December 2018 saa 01:26
Yasuwe :

Abahanzi bakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barimo Jay-Z n’umugore we Beyoncé, basusurukije ibihumbi by’abantu byitabiriye iserukiramuco rya ‘Global Citizen’ ryabereye muri Afurika y’Epfo rihuzwa no kwizihiza imyaka 100 Mandela yari kuba yujuje iyo aza kuba akiriho.

Abantu bakomeye barimo Perezida Paul Kagame; Minisitiri w’Intebe wa Norvège, Erna Solberg; Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo n’abandi banyacyubahiro bari bitabiriye iki gikorwa.

Batangiyemo ubutumwa bugamije kurwanya ubukene n’inzara ku Isi nk’intego nyamukuru z’uyu muryango.

Wari n’umwanya wo kuzirikana ku murage Mandeka yasigiye umugabane wa Afurika muri rusange wo kurandura burundu ubukene bukabije mu bawutuye.

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rwari kuri stade ya FNB mu Mujyi wa Johannesburg ko ari inshingano za buri wese gukomeza kubakira ku murage wa Nelson Mandela waharaniye ko buri mwana agira imirire myiza no kurwanya indwara z’ibyorezo muri Afurika.

Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku rubyiruko rwari kuri FNB

Yavuze ko kubaka ‘Afurika twifuza’ biri mu maboko ya buri wese uhereye ku rubyiruko.

Ibyamamare muri muzika nka Jay-Z n’umugore we Beyoncé, Ed Sheeran waririmbye iyitwa Shape Of You, Usher wagiye ku rubyiniro yambaye umugara wa Kinyafurika, abahanzi bo muri Nigeria nka Wizkid na Tiwa Savage, Pharrell Williams, Chris Martin, umuraperi ukomeye wo muri Afurika y’Epfo Casper Nyovest n’abandi batandukanye bafashije aba bayobozi gutambutsa ubutumwa bwo kurwanya ubukene.

Muri iki gitaramo abantu batandukanye biyemeje gutanga amafaranga agera kuri miliyoni 5,6 z’amadorali ya Amerika azifashishwa mu guhindura ubuzima bw’abasaga miliyoni 137 bari mu bukene bukabije.

Iki gitaramo cyanyuraga kuri Televiziyo zikomeye muri Afurika y’Epfo ndetse no kuri Canal +, gusa abakoresha internet nabo bashoboye kukirebera kuri Youtube.

Mu masaha ya saa yine z’ijoro nibwo Jay-Z n’umugore we Beyoncé Knowles bageze ku rubyiniro binjirira mu ndirimbo ‘holy grail’. Iminota 25 ni yo baririmbye igitaramo kiri kunyura kuri televiziyo nyuma abateguye bahita bagikuraho ahubwo bashyiraho ibyari byatambutse mbere.

Abatari babashije kujya kuri FNB bayobotse imbuga nkoranyambaga bijujutira kuba batabashije kwihera ijisho ubuhanga bw’aba baganzi.

Si ubwa mbere aba bahanzi bataramiye abitabiriye iri serukiramuco kuko no mu 2014 bari i New York ahari ibihumbi n’ibihumbi by’abakereye ubukangurambaga bwo kurwanya ubukene.

Jay-Z na Beyoncé ni uku bahingutse ku rubyiniro bameze
Muri On The Run bari bameze nk'abari mu rukundo
Beyoncé yafatanyije na Ed Sheeran mu ndirimbo Perfect
Urubyiruko rwanyuzwe n'umuziki wari uherekejwe n'ubutumwa bwo kurwanya ubukene
Chris Martin yafashijwe n'abacuranzi bo muri Afurika y'Epfo
Pharrell Williams yaririmbye Happy benshi bajya mu bicu
Pharrell Williams na Chris Martin basusurutsa imbaga yari iteraniye kuri Stade ya FNB
Iri serukiramuco ryahujwe no kwizihiza isabukuru y'imyaka 100 ya Nelson Mandela
Usher yaririmbye indirimbo ze ariko zacuranzwe mu mudiho wo muri Afurika y'Epfo
Tiwa Savage yasusurukije imbaga yari yitabiriye iri serukiramuco afashijwe na band ya mbere muri Afurika mu gucuranga
FNB yari yakubise yuzuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages