00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jay-Z yavuganiye Romelu Lukaku wiswe inkende n’abafana mu Butaliyani

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 6 April 2023 saa 11:12
Yasuwe :

Umuraperi akaba n’umunyemari Shawn Corey Carter [Jay-Z] yavuganiye Romelu Lukaku wakorewe irondaruhu n’abafana mu Butaliyani bakamwita inkende mu mukino wahuzaga ikipe ye ya Inter-Milan na Juventus.

Taliki 4 Mata 2023, mu Butaliyani ubwo habaga umukino wahuje ikipe ya Inter-Milan na Juventus, humvikanye amagambo atari meza mu bafana b’ikipe ya Juventus, yabwirwaga Romelu Lukaku.

Ubwo uyu mukinnyi ukomoka mu Bubiligi yateraga penaliti, abafana b’ikipe ya Juventus batangiye kumutuka bamwita inkende, bagerageza no kumvikanisha uburyo inkende zivuga n’uburyo zigenda.

Ku makuru dukesha TMZ, nyuma y’ibi sosiyete y’umuraperi Jay-Z, Roc Nation yashyize itangazo ku kinyamakuru cy’imikino cyo mu Butaliyani, ‘La Gazzetta dello Sport’ rivuga ko bidakwiye ko abakinnyi b’umupira w’amaguru b’abirabura bakomeza guhura n’ikibazo cy’irondaruhu.

Ati, “Bakundwa bo mu Butaliyani, kora ibyiza, ushake ibyiza, uharanire kuba ibyiza. Mu mupira w’amaguru niho hakunze kugaragara urwango ku bakinnyi b’abirabura mu gihe cy’imikino.”

“Birahagije! Urwango rwiyongeraho ivanguraruhu bikongera ubujiji. Nk’umukino uhuza abantu benshi ku Isi, dukwiye kurebera hamwe ibyiza ku kiremwamuntu. Nta na rimwe irondaruhu ryigeze ryihanganirwa. U Butaliyani bwakora ibyiza birenze ibi.”

Yakomeje ivuga ko bikwiye ko hagira igikorwa kuri iki kibazo cy’irondaruhu kigaragara mu mupira w’amaguru bigizwemo uruhare n’abategura imikino, abafite mu nshingano amakipe, abanyamakuru n’abandi kugira ngo gikemuke.

Uyu mukino wahuje ikipe ya Inter-Milan na Juventus waje kurangira amakipe yombi anganyije igitego 1-1, habonetsemo amakarita atatu atukura arimo n’iya Romeo Lukaku wayihawe kubera kwishimira igitego cya penaliti imbere y’abafana ba Juventus.

Ntabwo ari ubwa mbere uyu mukinnyi akorewe irondaruhu ndetse akitwa inkende, kuko muri 2019 nabwo byabaye mu mukino wahuzaga ikipe ya Inter-Milan na Cagliari Calcio FC.

Romelu Lukaku yahawe ikarita itukuru amaze gutsinda Juventus akishimira igitego imbere y'abafana bayo
Sosiyete ya Roc Nation iyobowe na Jay-Z yasabye ko hagira igikorwa ku irondaruhu rikorerwa abakinnyi b'abirabura mu Butaliyani
Jay-Z yavuganiye Romelu Lukaku nyuma yo gukorerwa irondaruhu akitwa inkende

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages