00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jennifer Lopez agiye gushyira hanze album ikurikira iyo mu myaka 20 ishize

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 26 November 2022 saa 02:48
Yasuwe :

Jennifer Lopez w’imyaka 53 yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye nshya yise ’This Is Me... Now’ igomba kujya hanze bitarenze mu 2023.

Lopez ubwo yatangazaga iby’iki cyemezo yavuze ko iyi album izaba ifitanye isano n’iyo yise ’This Is Me... Then’ yashyize hanze mu 2002.

Nyuma y’imyaka 20 asohoye ‘This is me…Then’ uyu muhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime, mu gace gato yashyize hanze ka album ye nshya aba agaragaza impinduka yagize muri iyo myaka ishize.

Uyu muhanzikazi uzwi ku izina rya ‘J Lo’ yari aherutse gushyira hanze filime yise ‘Marry me’, yari kubiyemo indirimbo nyinshi yakoze nka ‘On my way’, ‘Marry me’ yakoranye na Maluma, n’izindi.

Jennifer Lopez agiye gushyira hanze album ikurikira iyo mu myaka 20 ishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages