00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jennifer Lopez asanga kuba ‘single’ bimurutira kubana na Ben Affleck

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 May 2026 saa 12:59
Yasuwe :

Jennifer Lopez uri mu bagore bafite izina rikomeye mu muziki w’Isi yatangaje ko kuba ari ingaragu (single) kuri ubu ntacyo bimutwaye, ndetse yicuza impamvu atafashe iki cyemezo mbere.

Ibi uyu mugore w’imyaka 56 yabigarutseho mu kiganiro kizwi nka Jimmy Kimmel Live, cyagarutse cyane kuri filime ye nshya yise Office Romance.

Jennifer Lopez kandi yagarutseho ku mubano we n’umukinnyi wa filime mugenzi we, Affleck bakoze ubukwe mu 2022, ariko akaka gatanya bamaranye imyaka ibiri, ndetse aza kuyihabwa muri Gashyantare 2025.

Muri iki kiganiro, Kimmel yabajije Lopez niba nta mukunzi afite. Ati “nta mukunzi ufite, si byo?”

Lopez yahise amusubiza agira ati “Yego, kandi nari nkwiriye kuba narabikoze mbere. Nari naribeshye, nari naribeshye, ni ukuri.”

Yakomeje avuga ko kubaho nta mukunzi ari byiza, ariko ashimangira ko ashobora kongera kugira umusore yihebera, mu gihe baba bahuje.

Ati “Umunsi umwe nzabona umuntu, naba ari umuntu unkwiriye.”

Ben Affleck yirinda kuvuga nabi Jennifer Lopez kuko asanzwe afitanye amateka adasanzwe nawe kuko bakundanye bwa mbere mu 2000 bashwana mu 2004, baza gusubirana mu 2021 banakora ubukwe mu 2022, gusa batandukana mu 2024.

Jennifer Lopez asanga kuba ‘single’ bimurutira kubana na Ben Affleck

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages