Mu mashusho yatambukijwe na TMZ, agaragaza uyu muraperi arimo gutonganya umunyamakuru w’iki kinyamakuru, bapfa ko yari amubajije ikibazo kirebana n’umugore we Bianca.
Kanye West yahise amwambura Telefone yakoreshaga amufata amashusho, atangira kumutonganya amubaza impamvu bakunda kumubaza ibibazo bishingiye ku buzima bwite kandi ashaka kubaho nk’abantu basanzwe.
Kanye kandi yumvikanye, abwira uyu munyamakuru ko yagakwiye kuba amubaza ibindi bibazo, bizima birimo impamvu atabana n’abana be, kuruta kwibasira umugore we mushya Censori Bianca.
Yumvikanye agira ati “Uriya ni umugore wanjye, uraza umbaza ngo afite ubwigenge? Ibyo ni ubuzima bwite bwacu, ntabwo aribyo ndashaka kubaho nk’umuntu usanzwe.”
Nyuma y’umwanya Kanye West ari gutonganya uyu mugore, Polisi yabyinjiyemo iza kubakiranura, uyu muraperi asubiza uyu munyamakuru Telefone ye, ariko aramwihangiriza kutazongera guhura na we.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!