00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kate Bashabe yasangiye Noheli n’abana 100 bo mu miryango itishoboye mu Bugesera

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 December 2021 saa 12:07
Yasuwe :

Kate Bashabe, Umunyamideli wubatse izina rikomeye mu gihugu, yasangiye Noheli n’abana 100 batishoboye bo mu Karere ka Bugesera.

Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021 mu Karere ka Bugesera.

Byari ibyishimo hagati ya Kate Bashabe n’abana 100 batishoboye biga mu kigo cy’amashuri abanza cya EPR Nyamata.

Iki gikorwa cyatangijwe no kujya gufata aba bana ku ishuri aho biga, hanyuma mu modoka zateguwe bagezwa ahitwa Bugesera Summer Palace.

Muri iki kigo, aba bana kimwe n’abandi basanzeyo bahagiriye ibihe byiza birimo kwishimana, gukina imikino itandukanye no gusangira.

Nyuma y’ibi bikorwa Kate Bashabe na Juno Kizigenza wari witabiriye igikorwa cyo kwifatanya n’uyu mukobwa bashyikirije impano abo bana.

Mu kiganiro na IGIHE, Kate Bashabe yavuze ko iki gikorwa kiri muri byinshi amaze igihe akora nubwo hari ibitabasha kujya mu itangazamakuru.

Ati “Njye nakuze mbona iwacu bakunda gufasha, nanjye nkurana uwo muco. Buri mwaka nisanze nkunda gukora ibikorwa byo gufasha abatishoboye tugasangira iminsi mikuru.”

Uretse gusangira n’aba bana, Kate Bashabe yabahaye impano ziganjemo ibikoresho by’ishuri bazifashisha mu gihembwe gitaha cy’amasomo yabo.

Bavanywe ku ishuri ryabo bajyanwa ahari hateguwe ngo bizihize iminsi mikuru
Ubwo aba bana bari bategereje guhaguruka ku ishuri ryabo
Aha bari mu nzira berekeje aho Kate Bashabe yari yateguye
Kate Bashabe yari kumwe nabo mu mazi akurikiranira hafi kugira ngo hatagira uhura n'ikibazo
Kate Bashabe yitegereza abana bari koga
Byari ibyishimo kuri aba bana basangiye Noheli na Kate Bashabe
Aba bana bidagaduye biratinda
Yabaganirizaga umwe ku wundi ku buryo bakomeza kugubwa neza
Buri mwana yishimishaga mu buryo bwe...Kate Bashabe nawe abari hafi
Umwana wagaragazaga ikibazo yahitaga yitabwaho
Kate Bashabe yacungiraga hafi aba bana ngo hatagira ugira ikibazo
Byari ibyishimo kuri Kate Bashabe wari uri gusangira n'abana Noheli
Kate Bashabe yitegereza uko buri mwana yoga
Aba bana bari bishimiye gusangira na Kate Bashabe
Bidagaduye biratinda...
Aba bana bagize amahirwe yo kwidagadurira mu bikinisho bitandukanye
Abana basizwe amarangi nka kimwe mu byo bishimira iyo bari kwidagadura
Aba bana bagize umwanya wo gusangira
Juno Kizigenza wari witabiriye iki gikorwa, yafatanyije na Kate Bashabe guha impano aba bana
Bahawe impano ziganjemo ibikoresho byo mu ishuri
Buri mwana yacyuye impano ye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages