00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kavutse n’umugore we baririmbana bagiye kwibaruka

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 September 2017 saa 07:46
Yasuwe :

Kavutse Olivier umuyobozi wa Beauty For Ashes n’umugore Amanda Fung, Umunya-Canada baririmbana muri iri tsinda baritegura kwibaruka imfura yabo nyuma y’umwaka urenga barushinze.

Ibirori by’ubukwe bw’umuririmbyi Kavutse Olivier na Amanda Fung byabereye ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu mu Mujyi wa Rubavu tariki ya 9 Nyakanga 2016.

Kavutse na Amanda Fung babarizwa mu Itorero New Life Bible Church, bahishuye ko bitegura kwibaruka ndetse basaba inshuti n’abandimwe kubashyira mu masengesho muri iki gihe.

Uyu muririmbyi usanzwe anacuranga gitari, amaze kuvuga ko umuryango we witegura kwakira imfura yabo yagize ati “Nimucyo dufatanye kongera guha utanga ubuzima icyubahiro, yadukoreye igitangaza. Nimudushyire mu masengesho yanyu.”

Kavutse Olivier yanahishuye ko uyu mwana Amanda Fung atwite azavuka muri Gashyantare 2018.

Umunezero hagati ya Kavutse na Amanda wiyongera umunsi ku munsi, bamaze imyaka ine irenga mu munyenga w’ibyishimo gusa muri 2016 byabaye akarusho ariko kuri uyu munsi byabaye ikirenga.

Kavutse yahishuye ko umugore we atwite abicishije kuri Instagram

Ni ibyishimo byiyongera ku bindi mu muryango w’abaririmbyi bagize Beauty For Ashes, Kavutse n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’iminsi mike ishize Olivier Habiyaremye [na we uribarizwamo] arushinganye na Mbabazi Esther utwara indege.

Muri iyi minsi ni ibyishimo bikomeye mu itsinda rya Beauty For Ashes
Kavutse na Amanda barushinze muri Nyakanga 2016
Kavutse na Amanda baririmba mu itsinda rimwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages