Kenny Sol yatangarije Kiss FM ko yakoze ubukwe na Kunda Alliance bamaranye imyaka itandatu bakundana ndetse ine muri iyo bayimaze batabonana, cyane ko uyu mukunzi we yari hanzi y’u Rwanda.
Ati “Biriya byabaye tumaranye imyaka itandatu, anzi cyane ntaraba icyamamare. Ikindi twagiye mu rukundo ari kure yanjye imyaka ine yose tutari kumwe, mbona rero ni umuntu ukomeye cyane, noneho n’ibi bintu twirirwamo biroroshye cyane kuba wabivamo (uva mu rukundo).”
Yakomeje agira ati “Ni umuntu wihangana cyane kandi uzi ibyo mba ndimo, unyumva kenshi cyane kuko buriya iyo umuntu atakumva ntabwo mwashobokana. Agira ukwihangan kandi ni umuntu ufite intumbero nini cyane, afite byinshi ashaka kugeraho.”
Urukundo rwa Kenny Sol na Kunda Alliance rwagizwe ibanga rikomeye dore ko benshi mu bakurikira uruganda rw’imyidagaduro batari babizi cyane batunguwe no kubona bahana isezerano ryo kubana ku wa 5 Mutarama 2024.
Kenny Sol yahishuye ko yifuza kubyara umwana w’umukobwa dore ko iwabo bavutse ari abahungu gusa.
Uyu muhanzi bivugwa ko yafashe irembo mu mpera za 2023 mbere yo kwerekeza muri Canada aho yari afite ibitaramo.
Ubukwe bw’aba bombi bwabaye muri Mutarama bwagizwe ibanga rikomeye ndetse hari amakuru ahamya ko imiryango yabo ari yo itarifuje ko iyo nkuru ijya mu itangazamakuru cyane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!