Biragoye kumenya amazina y’urutonde ntakuka rw’abahanzi batandatu bazava i Kigali berekeza i Nairobi muri Kenya tariki ya 20 Nzeri 2013 mu marushanwa ya Tusker Project Fame 6, ariko IGIHE twamenye ko bamaze guhamagarwa.
Amazina y’aba bahanzi ariko twasabwe ko adatangazwa kuko hakiri kare ngo bemezwe.
Urubuga rwa TPF rwatangaje ko urutonde rw’abahanzi bose batoranyijwe bazitabira aya marushanwa ruzashyirwa hanze ku itariki ya 3 Ukwakira.
Bamwe muri aba bahanzi tuzi ko bamaze guhamagarwa, iyo ubavugishije bakubwira ko batemerewe gutangaza amakuru aberekeyeho kuko ngo babibujijwe mu mabwiriza bahawe.
Mu kiganiro na Aline Gahongayire, umwe mu bari bagize akanama nkemurampaka, yabwiye IGIHE ati "Amakuru ntabwo tuba twemerewe kuyatangaza".



















TANGA IGITEKEREZO